• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kaffy wo muri Nigeria yihanangirije imyumvire ivangura abagore batandukanye n’abagabo

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 19, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umubyinnyi w’ikirangirire akaba n’umutoza w’imbyino muri Nigeria, Kafayat Shafau wamenyekanye cyane ku izina rya Kaffy, yatangaje ko akunze guhura n’ivangura rishingiye ku kuba yatandukanye n’umugabo we.

Avuga ko hari abamubwira ko atagakwiye kongera gushaka cyangwa gutekereza ku rukundo bitewe n’uko ari umubyeyi w’abana babiri.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru kuri The Honest Bunch Podcast, Kaffy yavuze ko iyo myumvire igoreka kandi isuzugurisha abagore, kuko ntawe ukwiriye kubuzwa kongera kugerageza urukundo nyuma yo gutandukana n’uwo bashakanye.

Yagize ati“ Hari umuntu wigeze kumbwira ngo kubera ko ndi umubyeyi umfite abana babiri, sinagakwiye kongera gutekereza ku rukundo.

Ariko se kuki umuntu watandukanye n’umugabo cyangwa umugore we ataba umukandida mwiza kurushaho, cyane cyane iyo yabashije kwikosora ?”

Uyu mubyinnyi yavuze ko itandukana ry’ingo ari ikibazo gihangayikishije ku rwego rw’isi, agaragaza ko hejuru ya 70% by’ingo zisenyuka.

Ati“ Ni iki cyemeza ko abashakanye uyu munsi batazatandukana ejo? Kuki abantu batekereza ko bagomba kurongora cyangwa kurongorwa n’abo bita ‘bashya’, nyamara bose bajya mu mibare y’isi igaragaza ko hejuru ya 70% by’ingo zisenyuka? Niba ari uko bimeze, nanjye ndi muri abo 70%.”

Kaffy, w’imyaka 45, yavuze ko yigiye byinshi mu rugendo rwe rw’urukundo ndetse ashimangira ko amahoro ari yo shingiro ry’umubano nyakuri kurusha amarangamutima.

Ati“ Urukundo nyarwo ruduha amahoro, si amarangamutima adutera ubwoba cyangwa kudatuza. Urukundo nyakuri ntirugomba kukuzanira guhangayika. Njye ndacyari mu rugendo rwo kwikura mu bibazo byanjye byo guhangayika mu rukundo.”

Yakomeje avuga ko nyuma y’imyaka irenga 10 mu rugendo rwo kwikosora, hari n’igihe abana be ubwabo basabye ko batandukana n’umugabo we niba byari ngombwa.

Kaffy yakunze gusangiza abamukurikira inkuru y’uko yatandukanye na Joseph Ameh wahoze ari umugabo we, ndetse akavuga ko mu gihe cy’imyaka itatu babanaga ibintu byari byararushijeho gukomera ku buryo batabashaga no gukora imibonano mpuzabitsina.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Joshua Baraka yataramiye I Kigali

Next Post

Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Umuhanzi zo kuramya no guhimbaza Imana Richard Nick Ngendahayo nyuma yo gukora igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi ndetse umubare w’abihana ukiyongera...

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
7 hours ago

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo....

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
8 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

Next Post
Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

U Rwanda: Igihugu gitatswe n’ubwiza karemano

U Rwanda: Igihugu gitatswe n'ubwiza karemano

Indirimbo nshya zo muri Uganda: Cindy Sanyu, Mudra, Kin Bella na Pastor Wilson Bugembe

Indirimbo nshya zo muri Uganda: Cindy Sanyu, Mudra, Kin Bella na Pastor Wilson Bugembe

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.