• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Kaffy wo muri Nigeria yihanangirije imyumvire ivangura abagore batandukanye n’abagabo

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 19, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umubyinnyi w’ikirangirire akaba n’umutoza w’imbyino muri Nigeria, Kafayat Shafau wamenyekanye cyane ku izina rya Kaffy, yatangaje ko akunze guhura n’ivangura rishingiye ku kuba yatandukanye n’umugabo we.

Avuga ko hari abamubwira ko atagakwiye kongera gushaka cyangwa gutekereza ku rukundo bitewe n’uko ari umubyeyi w’abana babiri.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru kuri The Honest Bunch Podcast, Kaffy yavuze ko iyo myumvire igoreka kandi isuzugurisha abagore, kuko ntawe ukwiriye kubuzwa kongera kugerageza urukundo nyuma yo gutandukana n’uwo bashakanye.

Yagize ati“ Hari umuntu wigeze kumbwira ngo kubera ko ndi umubyeyi umfite abana babiri, sinagakwiye kongera gutekereza ku rukundo.

Ariko se kuki umuntu watandukanye n’umugabo cyangwa umugore we ataba umukandida mwiza kurushaho, cyane cyane iyo yabashije kwikosora ?”

Uyu mubyinnyi yavuze ko itandukana ry’ingo ari ikibazo gihangayikishije ku rwego rw’isi, agaragaza ko hejuru ya 70% by’ingo zisenyuka.

Ati“ Ni iki cyemeza ko abashakanye uyu munsi batazatandukana ejo? Kuki abantu batekereza ko bagomba kurongora cyangwa kurongorwa n’abo bita ‘bashya’, nyamara bose bajya mu mibare y’isi igaragaza ko hejuru ya 70% by’ingo zisenyuka? Niba ari uko bimeze, nanjye ndi muri abo 70%.”

Kaffy, w’imyaka 45, yavuze ko yigiye byinshi mu rugendo rwe rw’urukundo ndetse ashimangira ko amahoro ari yo shingiro ry’umubano nyakuri kurusha amarangamutima.

Ati“ Urukundo nyarwo ruduha amahoro, si amarangamutima adutera ubwoba cyangwa kudatuza. Urukundo nyakuri ntirugomba kukuzanira guhangayika. Njye ndacyari mu rugendo rwo kwikura mu bibazo byanjye byo guhangayika mu rukundo.”

Yakomeje avuga ko nyuma y’imyaka irenga 10 mu rugendo rwo kwikosora, hari n’igihe abana be ubwabo basabye ko batandukana n’umugabo we niba byari ngombwa.

Kaffy yakunze gusangiza abamukurikira inkuru y’uko yatandukanye na Joseph Ameh wahoze ari umugabo we, ndetse akavuga ko mu gihe cy’imyaka itatu babanaga ibintu byari byararushijeho gukomera ku buryo batabashaga no gukora imibonano mpuzabitsina.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Joshua Baraka yataramiye I Kigali

Next Post

Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

by Alex RUKUNDO
1 hour ago

Umwuka mubi hagati ya Yung Mulo na Alien Skin ukomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko Mulo atangaje ko umuyobozi wa...

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
22 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
23 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

Next Post
Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

Sabrina yashimiye inyubako ya big brother itanga amasoko yo kwamamaza muri Nigeria

U Rwanda: Igihugu gitatswe n’ubwiza karemano

U Rwanda: Igihugu gitatswe n'ubwiza karemano

Indirimbo nshya zo muri Uganda: Cindy Sanyu, Mudra, Kin Bella na Pastor Wilson Bugembe

Indirimbo nshya zo muri Uganda: Cindy Sanyu, Mudra, Kin Bella na Pastor Wilson Bugembe

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera
Imyidagaduro

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

by Alex RUKUNDO
March 7, 2026
Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.