• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Friday, April 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Jowy Landa yahakanye ubucuti bukomeye na Ava Peace

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 10, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzikazi Jowy Landa yavuze ko atigeze aba inshuti magara n’umuhanzi mugenzi we Ava Peace, nubwo hari benshi bakomeje kuvuga ko bombi bagiranye amakimbirane.

Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV Uganda, aho yasobanuye neza uko umubano wabo wari umeze nyuma y’ibihuha byavugaga ko batandukanye nabi.

Jowy Landa yavuze ko nubwo yakoranye indirimbo na Ava Peace, abantu benshi bahise bakeka ko ari inshuti magara, nyamara atari ko byari bimeze.

Yagize ati: “Nta kibazo mfitanye na we, ariko ntabwo twigeze tuba inshuti z’akadasohoka. Ni umuntu twakoranye indirimbo gusa.”

Umuhanzi Jowy Linda ahakana ko nta kibazo afitanye na mugenzi Ava Peace

Ibi bije nyuma y’uko Ava Peace na we yari aherutse gutangaza ko kuba batakigaragara hamwe cyane biterwa n’uko buri wese yahugiye mu bikorwa bye bya muzika.

Mu kiganiro, abari bakiyoboye banasabye Jowy Landa guhamagara Ava Peace kuri telefoni live kugira ngo yerekane ko nta kibazo kiri hagati yabo.

 Ku ikubitiro Jowy yabanje gutungurwa n’icyo cyifuzo, abaza impamvu byari ngombwa kumuhamagara mu kiganiro kiri live.

Nyuma ariko yemeye kumuhamagara, mu rwego rwo kugaragaza ko nta makimbirane bafitanye.

Jowy Landa yakomeje asobanura ko nubwo bafitanye ubucuti, batigeze baba “best friends” nk’uko bamwe babitekereza.

Yagize ati: “Turi inshuti zisanzwe, ntabwo turi besties kuko besties baba bahorana igihe cyose, twe si ko bimeze.”

Uyu muhanzikazi yanagaragaje ko umuntu yigeze gufata nk’inshuti magara mu muziki ari Nandor Love, gusa ngo uko iminsi yagiye ihita buri wese agenda ahugira mu bikorwa bye.

Yasoje avuga ko kuri ubu umuntu afata nk’inshuti ye ya hafi kurusha abandi ari nyina umubyara, kuko ari we bahorana cyane kandi umuba hafi mu buzima bwe bwa buri munsi.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Derrick Biswanka yasabye Museveni gufasha abantu bahuye n’inkangu

Next Post

“Nta muhanzikazi mfata nk’inshuti ya hafi” – Ava Peace

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
20 hours ago

Umunyapolitiki wo muri Uganda Mubarak Munyagwa yinjiriye mu mpaka zimaze iminsi hagati y’abahanzi Pallaso na King Saha, avuga ko abo...

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
20 hours ago

Umuhanzikazi wo muri Uganda Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa kisilamu (Nikkah) n’umugabo we Hamza Ssebunya bwabaye kera mu...

Ykee Benda yatangaje ko agiye kwibaruka impanga z’abana batatu

Ykee Benda yatangaje ko agiye kwibaruka impanga z’abana batatu

by Alex RUKUNDO
2 days ago

Umuhanzi Ykee Benda abinyujije ku rukuta rwe rw X (twitter) yatangaje ko mu minsi mike agiye kwibaruka impaga z’abana batatu...

Next Post
“Nta muhanzikazi mfata nk’inshuti ya hafi” – Ava Peace

"Nta muhanzikazi mfata nk'inshuti ya hafi" - Ava Peace

Rihanna yabaye ahunze urugo rwe ruri muri Los Angeles nyuma yo kurusimbuka

Rihanna yabaye ahunze urugo rwe ruri muri Los Angeles nyuma yo kurusimbuka

Atletico Madrid yahaye isomo Tottenham, Barcelona igwa miswi na Newcastle

Atletico Madrid yahaye isomo Tottenham, Barcelona igwa miswi na Newcastle

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha
Imyidagaduro

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga
Imyidagaduro

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda
Ibirori

FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure
Ikoranabuhanga

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.