• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ikoranabuhanga

Itegeko ririnda amakuru bwite mu Rwanda: Menya icyo rivuga n’Uburenganzira bwawe

Joe sure GASORE by Joe sure GASORE
July 9, 2025
Reading Time: 3 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Mu bihe ikoranabuhanga ryashinze imizi mu buzima bwa buri munsi, amakuru bwite y’umuntu ku giti cye yagiye aba ingenzi kurusha ikintu cyose. Ubu, uko winjiye kuri internet, ukoresheje application cyangwa usaba serivisi ku rubuga, amakuru yawe arakusanywa, akabikwa, akanasesengurwa.

Mu rwego rwo kurinda uburenganzira bw’abantu ku makuru abaranga no gukurikiza ibisabwa ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga, u Rwanda rwashyizeho Itegeko Nº 058/2021 ryo ku wa 13/10/2021 rigenga kurinda amakuru bwite y’umuntu (Data Protection and Privacy Law).

Iri tegeko ryatangajwe mu Igazeti ya Leta ku wa 15 Ukuboza 2021, risobanura uburyo amakuru y’umuntu ku giti cye agomba gukusanywa, kubikwa, gutunganywa no gukoreshwa mu buryo bwubahiriza uburenganzira n’icyubahiro bye.

Iri tegeko ryatangiye gushyirwa mu bikorwa ku mugaragaro nyuma y’amezi 2, ni ukuvuga kuva ku wa 15 Ukuboza 2021.

Iri tegeko rigamije iki?

Iri tegeko rifite intego eshatu z’ingenzi:

  1. Kurengera uburenganzira bw’abantu ku makuru yabo bwite (nka nimero y’irangamuntu, amafoto, aho batuye, konti ya banki, amakuru y’ubuzima…).
  2. Gushyiraho inshingano ku bantu n’ibigo bikusanya, bibika cyangwa bikoreshaho amakuru y’abandi.
  3. Kurinda ubuzima bwite bw’umuntu mu gihe isi igeze aho ikoranabuhanga ririmo gukusanya amakuru menshi cyane mu buryo bworoshye.

Amakuru bwite y’umuntu avugwa muri iri tegeko (personal data) harimo:

  • Amazina yuzuye;
  • Itariki n’aho yavukiye;
  • Ibyangombwa nk’indangamuntu, nimero ya pasiporo;
  • Ifoto imuranga cyangwa amajwi ye;
  • Aho atuye cyangwa ahaherereye (GPS);
  • Amakuru y’imibanire, imyemerere, ubuzima, ubukungu, imari cyangwa imyitwarire kuri murandasi.

Aya makuru iyo yamenyekanye cyangwa agakoreshwa nabi ashobora kwangiza umuntu mu buryo bw’ubuzima, imibereho cyangwa ubucuruzi.

Kuki iri tegeko ry’Amakuru bwite ari ingenzi?

Mu bihe byashize, amakuru y’abantu yakusanywaga cyangwa agakoreshwa mu buryo butagaragaraga neza. Abantu ntibabwirwaga impamvu amakuru yabo yakenewe, aho azabikwa, cyangwa uko azakoreshwa.

Urugero:

  • Hari aho umuntu yakoresha application kuri telefoni, ikamusaba uburenganzira bwo kumenya aho aherereye (location), amafoto, cyangwa nimero ze z’abantu bahana ubutumwa, kandi ntabisobanurirwe impamvu.
  • Websites nyinshi zikoresha cookies zitamenyesha neza uko zikusanya amakuru y’abazisura.

👉 Ibi byose ni ibyo iri tegeko rishaka kurwanya.

Ni bande iri tegeko rireba rigenzura Amakuru bwite y’abantu?

Iri tegeko rireba abantu bose cyangwa ibigo:

  • Bikusanya, bibika, bitunganya cyangwa bigurisha amakuru bwite y’abantu;
  • Bitanga serivisi zishingiye ku ikoranabuhanga;
  • Bifite websites, applications, cyangwa platforms zikoresha amakuru y’abakiriya.

Rireba by’umwihariko:

  • Ibigo by’ubucuruzi (amaduka, amahoteli, amabanki…)
  • Amashuri, ibigo nderabuzima, abatanga serivisi kuri internet
  • Abanyamakuru, YouTubers, Bloggers, n’abacuruzi kuri murandasi

Amwe mu magambo y’ingenzi tugomba kumenya

IjamboIbisobanuro
Amakuru bwiteAmakuru agaragaza umuntu ku giti cye, nk’izina, nimero y’irangamuntu, amafoto, aho atuye, n’andi yamuranga
Ukoresha amakuru (Processor)Umuntu cyangwa ikigo gikoresha amakuru ku bw’undi
Ugira uruhare mu gukusanya (Controller)Ugena impamvu n’uburyo amakuru akoreshwa
Ubuzima bwiteIby’umuntu atifuza ko bigaragara cyangwa bisakazwa

Uburenganzira bw’umuturage ku makuru ye bwite

Umuntu wese afite uburenganzira bwo:

  • Guhabwa ibisobanuro ku makuru ye atanzwe cyangwa yakusanyijwe;
  • Gusaba ko amakuru ye ahindurwa, avanwaho cyangwa akomorerwa;
  • Kumenya icyo amakuru ye azakoreshwa mbere y’uko atangwa;
  • Kwanga ko amakuru ye akoreshwa mu buryo budasobanutse cyangwa budahuye n’icyo yayatanzeho;
  • Kumenyeshwa igihe amakuru ye yakoreweho impinduka, yoherejwe ahandi cyangwa akoreshejwe mu buryo butari bwo.

Inshingano z’abakusanya n’abakoresha amakuru

Abitwa controllers na processors (abakusanya cyangwa abakoresha amakuru) bagomba:

  • Gusobanurira umuntu amakuru bakeneye, impamvu bayakeneye n’icyo azakoreshwa ho;
  • Kumenyesha igihe ayo makuru azabikwa, aho azabikwa n’uko azarindwa;
  • Gushyiraho uburyo bwo kwemerera umuntu kubanza kwemeza ko amakuru ye atanzwe k’ubushake (consent);
  • Kwandika no gutangaza Politiki yo Kurinda Amakuru (Privacy Policy);
  • Kubika ayo makuru mu buryo butekanye, hakoreshejwe ubwirinzi bw’ikoranabuhanga.

Ibihano biteganywa n’itegeko

Iri tegeko riteganya ibihano birimo:

  • Amande kuva ku bihumbi 500 Frw kugera kuri miliyoni 5 Frw ku muntu ku giti cye;
  • Amande ashobora kugera kuri 2% y’umutungo w’ikigo cyangwa miliyoni 50 Frw, bitewe n’ingano y’uburemere bw’icyaha;
  • Ifungwa hagati y’amezi 6 kugeza ku myaka 5, ku bantu bahamijwe ibyaha byo gukoresha nabi amakuru y’abandi.

🛡 RIB n’Urwego rushinzwe ikoranabuhanga (NCSA) ni bande bashinzwe kubungabunga iri tegeko?

Iri tegeko rigenzurwa n’urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga ruzwi nka National Cyber Security Authority (NCSA) rukaba rufite inshingano zo:

  • Kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’iri tegeko;
  • Kwandika no kwakira ibirego by’abantu babangamiwe;
  • Gutanga uburenganzira ku bigo bikusanya cyangwa bikoreshaho amakuru;
  • Guhana abarenze ku mategeko, hakoreshejwe inzego z’umutekano nka RIB.

Kuki iri tegeko rifitiye akamaro buri Munyarwanda?

Mu gihe isi igenda yinjira mu ikoranabuhanga ryisumbuye irisanzwe, amakuru yacu abikwa hirya no hino: kuri telefone, kuri internet, mu mabanki, ku mashuri n’ahandi. Iyo amakuru akoreshwa nabi ashobora gutuma umuntu:

  • Yibwa amafaranga ye;
  • Yibasirwa n’abatekamitwe (cybercrime);
  • Yandikwaho ibintu atazi (identity theft);
  • Yamburwa ibanga ry’ubuzima cyangwa imyemerere ye.

👉 Iri tegeko ni inkuta z’ubwirinzi bw’ubuzima bwacu bwite mu gihe cy’ikoranabuhanga rihinduka buri munsi.

Icyo usabwa nk’umuturage cyangwa nyiri serivisi

  • Jya usoma Privacy Policy mu gihe usura website cyangwa application;
  • Jya usobanuza igihe usabwa amakuru bwite uko azakoreshwa;
  • Niba ufite website, shishikarira kugira politiki ya “Privacy” isobanutse;
  • Menya uburenganzira bwawe, kandi nutahura ko bwahonyowe, ujye ubimenyesha NCSA cyangwa RIB.

Ubutumwa bw’umwanditsi:

Mu gihe isi yacu yihuta mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, gukoresha amakuru bwite bigomba gukorwa mu mucyo n’icyubahiro. Ni byiza kugira ikoranabuhanga, ariko ni byiza cyane kwitwararika. Iri tegeko rifasha Abanyarwanda kwirinda ibikorwa by’uburiganya, ubujura bwo kuri murandasi (cybercrime), n’ihonyorwa ry’ubuzima bwite.
Uburenganzira bwawe ntibugomba kuguranywa udushya tw’ubuhanga. Kugira amakenga no kumenya amategeko ni uburyo bwo kurinda agaciro kawe.

Joshua GASORE

📞 Aho wabariza cyangwa watanga ikirego

  • Urwego: National Cyber Security Authority (NCSA)
  • Urubuga: https://www.ncsa.gov.rw
  • Email: info@ncsa.gov.rw
  • Telephone: +250 788 311 117

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share5Tweet3Send
Previous Post

Ibiganiro by’amahoro muri Gaza bikomeje kugenda biguru ntege

Next Post

Gaza: Ubushobozi bwo kuvura abakomerekeye mu bitero bya Isreal bukomeje kuba ingorabahizi

Joe sure GASORE

Joe sure GASORE

IZINDI NKURU WASOMA

Strike vs Claim

Amategeko mashya ya Copyright kuri YouTube mu 2025

by Impinga Media
1 week ago

Niba ukora content kuri YouTube cyangwa uteganya gutangira, hari ibintu by’ingenzi ugomba kumenya ku bijyanye na YouTube Copyright. Abakora videwo...

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Ku wa 7 Kanama 2025, hatangijwe ku mugaragaro igikorwa kizwi nka ‘pre-enrollment platform’ cyo kwemeza umwirondoro w’Abaturarwanda usanzwe mu irangamimerere...

BIME AMATWI Ubukangurambaga

RURA n’abafatanyabikorwa batangije “BIME AMATWI” mu guhashya uburiganya bwo kuri telefoni.

by Joe sure GASORE
1 month ago

"BIME AMATWI" ni ubukangurambaga bushya bwatangijwe na RURA ku bufatanye na BNR, RIB, Polisi y’u Rwanda n’ibigo by’itumanaho, bugamije kurwanya...

Next Post
Gaza: Ubushobozi bwo kuvura abakomerekeye mu bitero bya Isreal bukomeje kuba ingorabahizi

Gaza: Ubushobozi bwo kuvura abakomerekeye mu bitero bya Isreal bukomeje kuba ingorabahizi

Amerika yahagaritse inkunga, ibihugu bikennye bitangira kugurisha ubutunzi bwabyo

Amerika yahagaritse inkunga, ibihugu bikennye bitangira kugurisha ubutunzi bwabyo

Guhagarikwa kw’inkunga ya Amerika n’amategeko akandamiza bishyira mu kaga aba bana n’ubwandu bwa SIDA

Guhagarikwa kw’inkunga ya Amerika n’amategeko akandamiza bishyira mu kaga aba bana n'ubwandu bwa SIDA

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.