Muri ki gitondo cyakeye Iran yagabye ibitero bikomeye bya Missiles ku Kigo cy’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika cya Al Udeid kiri muri Qatar.
Ni nyuma y’aho mu rukerera rwo ku Cyumweru, tariki 22 Kamena 2025, Amerika yatangaje ko yagabye ibitero kuri Iran, igamije kuburizamo umugambi wayo wo gukora intwaro za nucléaire.
Minisiteri y’Ingabo ya Qatar yasohoye itangazo ivuga ko ubwirinzi bwo mu kirere bw’icyo gihugu bwakomye mu nkokora missile zatewe na Iran ku birindiro bya Al-Udeid, bikaba nta we byahitanye.
Qatar kandi yatangaje ko ifite uburenganzira bwo gusubiza ku gitero yagabweho na Iran.
Iki kigo cya Amerika cyagabweho ibitero na Iran gicumbikiye ingabo zirenga ibihumbi 10 ndetse kibarizwamo indege zirenga 100.


