• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Reading Time: 2 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Richard Nick Ngendahayo ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi cyane mu Rwanda no hanze yarwo. Uyu muhanzi w’icyamamare, wamaze imyaka 17 atuye i Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubu ari i Kigali aho yaje gukora igitaramo gikomeye yise “Niwe Healing Concert” cyabaye muri BK Arena ku wa 29 Ugushyingo 2025. Iki gitaramo kikaba cyarasigaye cyane mu mitima y’abantu baje kucyitabira bataha banyuzwe. Muri iyi nkuru turagaruka muri make cyane uyu muhanzi washatse kuba umunyamakuru wa Radio bikarangira ahita umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana

 Inzozi z’ubuto: Kuba umunyamakuru

Richard Nick Ngendahayo kuri stage. Aha yari kumwe na Gabby Kamanzi

Nk’umwana wari ukuriye mu Burundi, Richard yahoze afite inzozi zo kuba umunyamakuru, by’umwihariko umunyamakuru w’amaradiyo. Yibuka uburyo yakundaga gufata radiyo agatangira kwirikodinga aririmba, mu gihe atari azi ko hari aho abahanzi bajya kwandika indirimbo mu ma studio. Abagize umuryango we bakundaga kumutangarira, bamubona akora ibyo byose mu rugo.

Yari akurikiye cyane ijwi ry’umunyamakuru yari yarihebeye witwaga Willy wakoraga kuri radiyo yo mu Burundi. Uko yumvaga ijwi rye ryuzuye ubuhanga n’ubushishozi, byamuteraga imbaraga zo gukomeza kwifuza kuba umunyamakuru. Richard avuga ko yumvaga ijwi rya Willy rihura neza n’ibyo yasomaga mu bitabo bye, bikamufasha kumva ko ijwi ari inzira ikomeye yo kugera ku bantu.

 Uko Imana yamuyoboye mu muziki

Nubwo yifuzaga kuba umunyamakuru, Richard avuga ko Imana yamuyoboye mu nzira atatekerezaga. Ati: “Sinigeze ntekereza ko nzaba umuhanzi w’indirimbo zo kuramya. Ariko ni Imana, Imana y’Abisirayeli, yandangiye iyi nzira. Ntabwo nari nabyiteguye cyangwa ngo nishyire muri ubu butumwa, natekerezaga ko nzaba umunyamakuru gusa.”

Mu mwaka wa 2001, Richard yasohoye indirimbo ye ya mbere yitwa “Yambaye Icyubahiro” muri studio yoroheje yo muri Uganda, nta n’umucuranzi yari afite. Iyo ndirimbo yabaye intangiriro y’urugendo rwe rw’umuziki wuzuye kwizera. Nyuma y’imyaka mike, mu 2004, yatangiye gukora ku gisingizo cye cya mbere yise “Niwe”, cyasohotse mu 2005.

Album “Niwe” n’urugendo rw’umuziki

Album “Niwe” yabaye igihamya cy’uko Imana ari yo yamuyoboraga mu rugendo rwe. Richard avuga ko buri gihe yagiraga ibitekerezo bishya by’umwuka bimufasha kuyobora abakoraga mu studio. Indirimbo ze zagiye zigaragaza ubutumwa bwo gushimira Imana, gukomeza kwizera no guha abantu icyizere mu bihe bikomeye.

Indirimbo zakunzwe cyane harimo “Niwe”, “Sumuhemu”, “Ibuka”, “Mbwira ibyo ushaka”, “Nzaguheka”, n’izindi nyinshi, zose zikaba zarabaye indirimbo zifasha abantu mu rugendo rwabo rwo kwizera.

 Inzozi z’ubuto zaje kuba inzira y’ubutumwa

Richard yemeza ko inzozi ze zo kuba umunyamakuru zitapfuye ubusa, ahubwo zari inzira yo kumutegurira ubutumwa bw’Imana. Ati: “Inzozi zanjye zo kuba umunyamakuru zari igice cy’igitangaza cy’Imana. Zanteguye gukoresha ijwi ryanjye mu gukwirakwiza ukwizera, icyizere n’ishimwe.”

 Igitaramo “Niwe Healing Concert”

Nyuma y’imyaka myinshi akorera mu mahanga, Richard yagarutse mu Rwanda afite ishyaka ryo kongera guhura n’abafana be. Igitaramo “Niwe Healing Concert” cyari gitegerejwe n’abatari bake, kikaba cysrsbsyr umwanya wo gusangira indirimbo zubaka, zishimisha kandi zifasha abantu mu rugendo rwabo rwo kwizera.

Richard yashimiye abafana be ati: “Ndashimira cyane buri wese wanyeretse urukundo. Gusoma ubutumwa bwabo bintera kwicisha bugufi no kumva imbaraga, bintera kumenya ko Imana ihora ibana nanjye.”

 Umugisha n’ubutumwa

Richard Nick Ngendahayo ni urugero rw’uko inzozi z’umwana zishobora guhinduka inzira y’ubutumwa bukomeye. Ubu ijwi rye ntirikora mu itangazamakuru nk’uko yabyifuzaga, ahubwo rikora mu ndirimbo z’Imana, rikagera ku mitima y’abantu benshi ku isi.

Ati: “Nta nzozi zipfa ubusa. Imana ishobora kuzihindura inzira y’ukuri, ikakuyobora ku butumwa bwawe nyabwo.”

Share2Tweet1Send
Previous Post

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Next Post

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
4 hours ago

Umuhanzi zo kuramya no guhimbaza Imana Richard Nick Ngendahayo nyuma yo gukora igitaramo kikitabirwa n’abantu benshi ndetse umubare w’abihana ukiyongera...

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
6 hours ago

Irene Ingabire Kamanzi ni umuhanzi wa menyekanye hano mu Rwanda cyane mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uzwi kw'izina ry'ubuhanzi...

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
1 day ago

Icyamamare mu muziki wa Uganda, Jose Chameleone, ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda muri uku kwezi k’Ukuboza, aho azayobora igikorwa cyo...

Next Post
Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.