• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 9, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Indirimbo ya pornographie iri kwifashishwa na White House mu kwiruka abimukira

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
December 5, 2025
Reading Time: 1 min read
A A


Indirimbo “Juno” y’umuhanzi w’Umunyamerika Sabrina Carpenter yongeye kuza ku isonga ry’ibivugwaho cyane, nyuma y’uko yifashishijwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) mu mashusho yerekanaga uburyo abimukira bafatwa n’Urwego rushinzwe Umutekano w’imbere mu gihugu (DHS). Ibi byatumye hibazwa niba gukoresha ibihangano by’abahanzi muri politiki yo kwirukana abimukira bitaba birenze umurongo.

Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga za White House, hagaragaramo abantu bafashwe bashyirwaho amapingu, mu gihe mu muziki wo mu murongo w’inyuma humvikana indirimbo “Juno”. Amagambo aririmbwamo ngo “Have you ever tried this one?” yakiriwe nk’urwenya ruteye isoni ku buryo abo bafashwe babaga bameze, ibintu byashenguye bamwe mu bakurikira politiki y’abimukira muri Amerika.

Ni ibintu byatunguranye cyane kuko Sabrina Carpenter yari yararirimbaga aya magambo mu bitaramo bye bya “Short n’ Sweet Tour”, aho yerekanaga uburyo butandukanye bwo guteramo akabariro, bityo bikibaza impamvu byifashishijwe mu mashusho y’ubuyobozi bwa Leta bijyanye n’umutekano n’abimukira.

Sabrina si we muhanzi wenyine wahimbye umuziki ukoreshwa muri ubu buryo. DHS iherutse no gukoresha indirimbo “All-American Bitch” ya Olivia Rodrigo mu kwamamaza gahunda ya self-deportation, yari igamije gusaba abimukira kwiyemeza gusubira mu bihugu byabo nta gahato. Nyuma yo kubibona, Olivia Rodrigo yatangaje ko adashaka ko ibihangano bye bikoreshwa mu bikorwa bifite imvugo y’urwango cyangwa irondaruhu, bituma indirimbo ye ihita ikurwaho.

Ibi biza nyuma y’iminsi mike uyu bakobwa bombi bahakanye ibihuha by’intambara yavugwaga hagati yabo, bituma hanatangira kwibazwa niba na Sabrina Carpenter azasaba Leta kudakoresha indirimbo ye nk’uko Olivia Rodrigo yabigenje.

Gukoresha ibihangano by’abahanzi mu mashusho ya Leta biri gukomeza guteza impaka. Mu kwezi kwa Nzeri, DHS yanakoresheje amajwi y’umunyarwenya Theo Von mu buryo bwasebye abimukira, we ubwe akabyamagana. Umuhanzi Zach Bryan yigeze na we kwanga ko indirimbo ze zikoreshwa muri gahunda nk’izi, ndetse n’isosiyete ya Pokémon yarwanyije ikoreshwa ry’ibihangano byayo mu mashusho ajyanye no kwirukana abimukira.

Kugeza ubu Sabrina Carpenter ntacyo arasubiza kuri aya mashusho mashya, ndetse abakurikira iby’umuco n’ubuhanzi baracyibaza niba na we azafata icyemezo cyo kubwira Leta kurinda ibihangano bye kutavogerwa muri politiki itavugwaho rumwe.

Previous Post

Miley Cyrus yemeje ko yambitswe impeta n’umunyamuziki Maxx Morando nyuma y’imyaka ine bari kumwe

Next Post

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

by Alex RUKUNDO
1 hour ago

Umuhanzi Ndayishimiye Musinga Joseph uzwi nka Musinga Joe, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agakanzu ka Murerwa”, igaruka ku mateka yihariye...

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

by MUNYANKINDI Alphonse
3 hours ago

Mu gihe u Rwanda riri mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuhanzikazi Bwiza...

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
3 hours ago

Mu gihe u Rwanda n’Isi bakomeje Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abahanzi bakomeye mu Karere...

Next Post
Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Davido yageze i Kigali habura amasaha macye ngo aririmbire abafana be

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

Juno Kizigenza na Ariel Awayz basomaniye ku rubyiniro

Cynthia Umulisa Agarukanye imbaraga mu muziki

Cynthia Umulisa Agarukanye imbaraga mu muziki

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa
Amateka

Kwibuka: Musinga Joe yakoze indirimbo ‘Agakanzu ka Murerwa

by Alex RUKUNDO
April 9, 2026
Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka
Amateka

Bwiza yabwiye urubyiruko ko Kwibuka atari igihe cyo kuruhuka

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32
Imyidagaduro

Harmonize na Good Lyfe bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka32

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026
Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye
Amateka

Yasanzwe ari konka umurambo wa nyina, nyuma aza kubabazwa n’uko atazi inkomoko ye

by MUNYANKINDI Alphonse
April 9, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.