Eddy Kenzo, yagaragaje ibyishimo yinshi nyuma yo kumenya ko indirinbo ye yise “Hope and Love” yakoranye n’umuhanga mu gukora umuziki wo muri Iraki, Mehran Martin, yahawe igihembo cya Grammy Awards.
Kenzo yavuze ko ayo makuru yayamenye bitunguranye ubwo yari mu cyumba cya hoteli i Mbale aho yari aruhukiye. Yavuze ko iki gihembo cya Grammy Awards, agihawe bwa kabiri.
Yagize ati: “Amakuru y’uko nabaye umwe batsindiye igihembo cya Grammy yangezeho nibereye mu cyumba cya hoteli i Mbale niruhukira, narindimo gukoresha konti ya X (Twitter), cyane ko nkunda kuyikoresha ndeba ibyo abantu bavuzwe . Nibwo nabonye umuntu yanditse avuga ko Ghana itabonetse ku rutonde rw’abatsinze, mpita njya gusuzuma, mpabona izina ryanjye riri mubatsinze. Umutima wanjye wahise usimbuka, nari ndi njyenyine mu cyumba, numva mbuze icyo gukora. Ariko byari ibyishimo,napfukamye nshimira Imana.”
Mu gusubiza amaso inyuma mu rugendo rwe rw’umuziki w’umuhanzi Eddy Kenzo, yasobanuye icyamufashije gutandukana n’abandi bahanzi bakomeye bo muri Uganda— ari byo kwihambira ku mwimerere we mu muziki.

Ati: “Icyintandukanya n’abandi bahanzi b’ ibiragirire muri Uganda ni uko mfite umwihariko wanjye. Icyo nicyo cyifasha cyane n’ubwo nigeze nkomeza amashuri ngo mbe umuntu ukomeye. Bityo ibyo sinabitindaho, nagumanye umwimerere wanjye. Ndi umuntu kunda gukoresha ukuri, utabeshya kandi ufite umwimerere. N’iyo nandika indirimbo cyagwa ntuganya merodi( Melodie) birigaragaza. ninjye ubwanjye, wishakira ijyana itandukanye n’izindi muri Uganda, hari nabo nkorera Melodie. Ibyo byose rero nkora bishingira ku bumeyi mfite.”
Kenzo yanaboneyeho gusobanura impamvu yahisemo gushyira indirimbo ye yise “Hope and Love” mu ipinganwa rya Grammy Awards, avuga ko ubutumwa bwayo bwuzuye urukundo n’icyizere cyane ko isi aribwo ikineye muri iki gihe.
Ati: “ Itandukaniro ry’indirimbo ‘Hope and Love’ ni ubutumwa bwayo gusa. Ni yo mpamvu ariyo natanze. Iyo urebye ibibera ku isi birababaje — intambara, ababyeyi baramana n’abana babo, Kwica hagati y’umwana n’umubyeyi n’ibindi byinshi, ikidukwiye n’uko tugirirana ikizere n’urukundo, kugirango tubane mu isi iragwamo amahoro n’urukundo.







