• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubutabera

Impanga zihuje ADN zashyize urubanza rw’ubwicanyi mu rujijo i Paris

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
February 9, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Urubanza rukomeye rwabereye mu rukiko rwa Bobigny hafi y’Umujyi wa Paris mu Bufaransa, rwabaye ingorabahizi ku bashinjacyaha n’abagenzacyaha, nyuma y’uko impanga 2 zisa neza kandi zihuje ADN ziregwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye abantu babiri mu 2020.

Aba bavandimwe b’imyaka 33 bari mu itsinda ry’abantu batanu bashinjwa gutegura no gushyira mu bikorwa ibitero by’amasasu byanaguyemo abandi bantu bakomeretse bikomeye.

 Icyakora, iperereza ryahuye n’imbogamizi zikomeye ubwo ADN yabonetse ku mbunda yakoreshejwe mu gitero itabashije gutandukanya uwari uyitunze muri izo mpanga.

Abashinzwe iperereza babwiye urukiko ko nubwo hari ibimenyetso byinshi byakusanyijwe, birimo amashusho ya camera z’umutekano, amakuru yo kuri telefoni n’iyumviriza ry’itumanaho, bitashobotse kumenya neza uwaba yararashe.

 Inzobere mu by’ibimenyetso bya gihanga zavuze ko ADN y’impanga zisa iva ku ntanga imwe n’igi rimwe, bityo bikaba bigoye cyane kuyitandukanya mu buryo bwa gihanga busanzwe.

Polisi ikeka ko aba bombi bashobora kuba barifashishije uko basa ndetse n’uko bahuje ADN kugira ngo bayobye iperereza.

 Bivugwa ko bakundaga gusimburana imyenda, telefone ndetse n’ibyangombwa bibaranga, ibintu byatumye bigorana kumenya aho buri wese yari ari mu bihe by’ibyaha byakozwe.

Mu gihe cy’iburanisha, urukiko rwagaragaje ko hari umwuka utari mwiza hagati y’abaregwa n’inteko iburanisha.

 Hari n’igihe impanga zombi zavanywe mu cyumba cy’urukiko nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza yo guhaguruka.

Nubwo ubushinjacyaha bushimangira ko hari ibimenyetso bihagije byerekana umugambi w’ubwicanyi, ikibazo nyamukuru gikomeje kuba kumenya mu buryo budasubirwaho uwari ufite imbunda yakoreshejwe mu gitero gikomeye cyabaye nyuma y’iyicwa ry’abo bantu babiri.

Abasesenguzi mu by’amategeko bavuga ko uru rubanza rushobora kuzaba isomo rikomeye ku mikorere y’iperereza rishingiye ku bumenyi bwa gihanga, cyane cyane mu bihe impanga zihuje ADN zibaye abakekwa mu byaha bikomeye.

Urubanza rurakomeje, aho biteganyijwe ko urukiko ruzatangaza umwanzuro warwo mu mpera z’uku kwezi kwa Gashyantare.

Abaturage n’abakurikiranira hafi ibijyanye n’ubutabera bakomeje gutegereza kureba uko ikibazo cy’ibi bimenyetso byateye urujijo kizakemuka.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Daddy Andre yambitse impeta umukunzi we

Next Post

“Guhuza politiki n’umuziki biragora” – Nina Roz

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Senateri Dr Frank Habineza yamaganye ibihuha bimuvugwaho

Senateri Dr Frank Habineza yamaganye ibihuha bimuvugwaho

by MUNYANKINDI Alphonse
4 days ago

Senateri Frank Habineza, akaba n’umuyobozi w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yamaganye inyandiko ziri gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zimuhuza n’umugambi...

Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n’Ihazabu ya Miliyoni 3

Djihad na K John Bakatiwe Imyaka 3 Igifungo n’Ihazabu ya Miliyoni 3

by MUNYANKINDI Alphonse
7 days ago

Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo gikomeye ku wa Gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026, rukatira abantu bane  igifungo cy'imyaka...

Nabeshye AI mu minota 20: Uko nayigishije kunyita “umwami wa hot-dog”

Nabeshye AI mu minota 20: Uko nayigishije kunyita “umwami wa hot-dog”

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Kwamamaza no gukoresha ubwenge bukorano (AI) byahinduye uburyo dushaka amakuru. Ariko hari ikibazo gikomeye kiri kuvuka: birashoboka ko umuntu wese...

Next Post
“Guhuza politiki n’umuziki biragora” – Nina Roz

"Guhuza politiki n’umuziki biragora" - Nina Roz

Kanseri ya ‘prostate’ mu Rwanda irimo gutera impungenge

Kanseri ya ‘prostate’ mu Rwanda irimo gutera impungenge

Juno Kizigenza ahinduye icyerekezo ku mazina yakoresheje mu muziki

Juno Kizigenza ahinduye icyerekezo ku mazina yakoresheje mu muziki

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.