Urubanza rukomeye rwabereye mu rukiko rwa Bobigny hafi y’Umujyi wa Paris mu Bufaransa, rwabaye ingorabahizi ku bashinjacyaha n’abagenzacyaha, nyuma y’uko impanga 2 zisa neza kandi zihuje ADN ziregwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye abantu babiri mu 2020.
Aba bavandimwe b’imyaka 33 bari mu itsinda ry’abantu batanu bashinjwa gutegura no gushyira mu bikorwa ibitero by’amasasu byanaguyemo abandi bantu bakomeretse bikomeye.
Icyakora, iperereza ryahuye n’imbogamizi zikomeye ubwo ADN yabonetse ku mbunda yakoreshejwe mu gitero itabashije gutandukanya uwari uyitunze muri izo mpanga.
Abashinzwe iperereza babwiye urukiko ko nubwo hari ibimenyetso byinshi byakusanyijwe, birimo amashusho ya camera z’umutekano, amakuru yo kuri telefoni n’iyumviriza ry’itumanaho, bitashobotse kumenya neza uwaba yararashe.
Inzobere mu by’ibimenyetso bya gihanga zavuze ko ADN y’impanga zisa iva ku ntanga imwe n’igi rimwe, bityo bikaba bigoye cyane kuyitandukanya mu buryo bwa gihanga busanzwe.
Polisi ikeka ko aba bombi bashobora kuba barifashishije uko basa ndetse n’uko bahuje ADN kugira ngo bayobye iperereza.
Bivugwa ko bakundaga gusimburana imyenda, telefone ndetse n’ibyangombwa bibaranga, ibintu byatumye bigorana kumenya aho buri wese yari ari mu bihe by’ibyaha byakozwe.
Mu gihe cy’iburanisha, urukiko rwagaragaje ko hari umwuka utari mwiza hagati y’abaregwa n’inteko iburanisha.
Hari n’igihe impanga zombi zavanywe mu cyumba cy’urukiko nyuma yo kwanga kubahiriza amabwiriza yo guhaguruka.
Nubwo ubushinjacyaha bushimangira ko hari ibimenyetso bihagije byerekana umugambi w’ubwicanyi, ikibazo nyamukuru gikomeje kuba kumenya mu buryo budasubirwaho uwari ufite imbunda yakoreshejwe mu gitero gikomeye cyabaye nyuma y’iyicwa ry’abo bantu babiri.
Abasesenguzi mu by’amategeko bavuga ko uru rubanza rushobora kuzaba isomo rikomeye ku mikorere y’iperereza rishingiye ku bumenyi bwa gihanga, cyane cyane mu bihe impanga zihuje ADN zibaye abakekwa mu byaha bikomeye.
Urubanza rurakomeje, aho biteganyijwe ko urukiko ruzatangaza umwanzuro warwo mu mpera z’uku kwezi kwa Gashyantare.
Abaturage n’abakurikiranira hafi ibijyanye n’ubutabera bakomeje gutegereza kureba uko ikibazo cy’ibi bimenyetso byateye urujijo kizakemuka.










