Apostle Marcelino Mário Bento, uzwi cyane ku izina rya Prophet Elijah, ni umwe mu bahanuzi bakomeye bo muri Angola, akaba avuga ko amaze imyaka icyenda (9) mu masengesho yo kwiyiriza ubusa, aho atunzwe no kunywa gusa, ndetse akaba ateganya gukomeza gutya kugeza mu mwaka wa 2056.
Marcelino Mário Bento azwiho umusatsi we muremure w’amaderedi (dreadlocks) ndetse no kuba avuga ko amaze imyaka icyenda adafata indyo isanzwe, ahubwo akoresha ibinyobwa gusa kugira ngo yitunge. Intego ye ni uko iyi nzira yo kubaho atunzwe n’amazi gusa izamara imyaka 40 yose.
Ni we Mushumba Mukuru wa Church of Salvation of All Nations, itorero rirangwamo amasengesho ya LIVE, ibikorwa by’ubuhanuzi, gukiza indwara no kubohora, hamwe n’inyigisho zerekeye ubugingo buhoraho. Avugwaho gukoreshwa n’Imana no gukorana umurava mu iyogezabutumwa.
Abamukurikira bavuga ko yigisha ubutumwa bw’Ubwami bw’Ijuru mu buryo buhuje n’uko Yesu yigishaga ubutumwa bwo kwihana no kubabarirwa ibyaha.
Yemeza ko Imana yamuhaye itegeko ridasanzwe ryo kutarya ibintu byose, ko nta bindi byamutunga bitari ibinyobwa, kandi ko ari byo bimufasha kuba mu rwego rwo hejuru mu buryo bw’umwuka.
Mu Ugushyingo 2025, Prophet Elijah ubwe yongeye kugaruka ku buzima bwe bwo kutarya ku rukuta rwe rwa Instagram. Yavuze ko “ari mu myaka icyenda y’ubuzima bushya” yahawe na Mwuka Wera.
Nyuma y’iki gitekerezo cye, abafana n’abiyita abigishwa be bamushimiye, bavuga ko ari urugero rw’umurimo w’Imana. Ariko ku ruhande rumwe, abasesenguzi n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje gushidikanya gukomeye.
Inkomoko n’urugendo rwa Marcelino Mário Bento ‘Prophet Elijah’
Mbere y’uko amenyekana ku rwego mpuzamahanga nk’umuyobozi ukomeye mu by’Umwuka, Apostle Marcelino Mário Bento yari umuntu usanzwe, wacaga muri byinshi bigoye nk’abandi bantu.
Avuga ko imyaka ye yo hambere yaranzwe n’igeragezwa ryinshi ryamutoje kwihangana, rikamwubaka mu mwuka no mu bugingo, ndetse ritegura inzira atari azi ko izamujyana mu murimo ukomeye wo kubwiriza Ijambo ry’Imana.
Nubwo yabaye mu bihe bigoye, yakunze cyane gushaka ukuri n’ubutabera, yibanda ku gusoma ibyanditswe no kubaka umubano wa bugufi n’Imana.
Icyahinduye ubuzima bwe burundu ni igihe avuga ko yakiriye umuhamagaro w’Imana, bikayobora ubuzima bwe mu cyerekezo gishya.
Nyuma y’aho, yashinze Church of Salvation of All Nations – Sun of Justice (STN–SJ), ayigenera kuba ahantu ho kugarurira abantu, kubabwira ubutumwa bwiza no gukosora inyigisho yabonaga zidatanga ukuri ku Ijambo ry’Imana.
Ku buyobozi bwe, iri torero ryaragutse cyane ritangira ibikorwa birimo amasengesho yo gukiza indwara, ‘deliverance’, n’inyigisho z’ubugingo buhoraho. Ubutumwa bwe bwibanda ku kwizera gushingiye ku butagatifu, kumvira ibyanditswe no kubaho bihuje n’ijambo ry’Imana.
Yanifashishije cyane imbuga nkoranyambaga mu kubwiriza, gusenga no gusangiza inyigisho, bituma ubutumwa bwe bugera ku bantu bo mu bihugu byinshi.
Ibyo avuga byo kubaho imyaka icyenda utarya ibiryo ntibivugwaho rumwe n’abahanga mu by’ubuzima bw’abantu. Mu rwego rw’ubumenyi, umubiri w’umuntu ufite aho ugera mu kwihangana, kandi iminsi mike gusa umuntu atarya ibiryo bikwiriye iba ishobora guteza ibibazo bikomeye. Ku bahakanyi bumva bidashoboka, abizera bo bikabakomeza.
Nubwo bimeze bityo, ibyo Prophet Elijah avuga bikomeza kwishimirwa n’abantu bafite ukwemera gukomeye ku bikorwa by’umwuka, bavuga ko “ibyo Imana ishaka nta muntu ubiburizamo.










