• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, April 2, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ubuzima

“Green Party yasesenguye impinduka ku biciro bya Mituweli byateje impaka”

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
March 21, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Komiseri Mukuru wa Green Party, Hon. Mugisha Alexis, yatangaje ko ishyaka riri gukora ubusesenguzi ku biciro bishya by’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé), nyuma y’uko iyi gahunda imaze iminsi ivugisha benshi mu Rwanda.

Hon. Mugisha yabigarutseho ku wa 21 Werurwe 2026 mu karere ka Nyaruguru, aho hasozwaga inama n’amahugurwa y’abarwanashyaka. Yagize ati: “Ntitwihutira kuvuga ngo iyi gahunda ibangamye cyangwa ngo twihutire gutanga ibisubizo bitarasesengurwa. Tubanza gukora isesengura ryimbitse.”

Hon Alex Mugisha Komiseri mu ishyaka DGPR

Ishyaka rya Green Party rivuga ko rikorwa isesengura ry’ibintu birimo ubushobozi bwo guhaha ku muturage, impuzandengo y’umusanzu wari usanzweho n’uwari mushya, ndetse n’ingaruka z’ibiciro bishya ku bukungu bw’igihugu. Mugisha Alexis yavuze ko ibi byose bizarebwa ku munzani kugira ngo harebwe niba ibihari bishya bizatanga umusaruro uruta ibyari bisanzwe.

Yavuze ko nyuma yo gukora isesengura, aribwo bazamenyesha itangazamakuru cyangwa Guverinoma ibyavuye mu bushakashatsi, maze abaturage babone ibisubizo bifatika. Yavuze ati: “Amata yabyara amavuta: icyifuzo cyacu kizatangwa mu buryo bufite umumaro ku baturage.”

Ku itariki ya 16 Gashyantare 2026, iteka rya Minisitiri w’Intebe ryashyizeho ingano y’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, aho umunyamuryango wanditswe mu rwego rwa mbere azajya atanga Frw 4,000 kuri buri muntu ku mwaka, hiyongereyeho amafaranga yishyurwa na Leta. Ibiciro by’umusanzu ku bandi banyamuryango byagiye byiyongera bitewe n’urwego rwabo:

  • Rwego rwa kabiri: Frw 3,000 ku mwaka + Frw 1,000 na Leta
  • Rwego rwa gatatu: Frw 5,000 ku mwaka
  • Rwego rwa kane: Frw 8,000 ku mwaka
  • Rwego rwa gatanu: Frw 20,000 ku mwaka

Impinduka z’ibi biciro zashegeshe benshi, ariko Green Party iravuga ko isesengura ryimbitse ariryo rizatanga igisubizo kiza kandi kinyuranye n’ibitekerezo by’abaturage.

Hon. Mugisha Alexis asobanura ko gukurikiza ubu buryo bizafasha abaturage kumenya neza uburyo umusanzu ubyara inyungu, kandi bikazatuma gahunda ya Mutuelle de Santé ikomeza kugirira akamaro umuryango mugari w’u Rwanda.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Abakinnyi b’Abayisilamu ba APR FC bizihije Umunsi wa Eid al-Fitr – Amafoto

Next Post

Element Eleeeh yageze muri Uganda aho ari butaramire kuri uyu munsi

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Ubushakashatsi: Ibisuko na Perike bishobora kongera ibyago bya Kansere y’Ibere

Ubushakashatsi: Ibisuko na Perike bishobora kongera ibyago bya Kansere y’Ibere

by MUNYANKINDI Alphonse
3 days ago

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko ibisuko, perike n’imishatsi y’inyongera abagore benshi bakoresha ku Isi bishobora kuba birimo ibinyabutabire bifitanye isano na...

Urujijo ku mirambo myinshi yatahuwe aho yari itabye

Urujijo ku mirambo myinshi yatahuwe aho yari itabye

by MUNYANKINDI Alphonse
1 week ago

Imirambo igera kuri 32, yiganjemo iy'abana, yakuwe mu mva rusange iri mu mujyi wa Kericho mu burengerazuba bwa Kenya, mu...

Nyuma yo kwanga gushyingiranwa Yatewe urushinge rurimo virusi itera SIDA

Nyuma yo kwanga gushyingiranwa Yatewe urushinge rurimo virusi itera SIDA

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

  Hari ikintu cyatangaje benshi cyabaye muri leta ya Telangana mu Buhinde, aho umugabo wari urakaye yateye umukobwa urushinge nyuma...

Next Post
Element Eleeeh yageze muri Uganda aho ari butaramire kuri uyu munsi

Element Eleeeh yageze muri Uganda aho ari butaramire kuri uyu munsi

Biyoroheye, APR FC yongeye gufata umwanya wa mbere itsinze Amagaju FC

Biyoroheye, APR FC yongeye gufata umwanya wa mbere itsinze Amagaju FC

Nyuma yo kwanga gushyingiranwa Yatewe urushinge rurimo virusi itera SIDA

Nyuma yo kwanga gushyingiranwa Yatewe urushinge rurimo virusi itera SIDA

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha
Imyidagaduro

Munyagwa yavuze ko Pallaso adakwiye kugereranywa na King Saha

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga
Imyidagaduro

Rema Namakula yatangaje ko ubukwe bwe bwa Nikkah na Hamza Ssebunya bwabaye mu ibanga

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda
Ibirori

FERWAFA yamaganye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga nyuma yo gutsinda

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026
Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure
Ikoranabuhanga

Ubushakashatsi bushya bwerekana uko Ukwezi kwavutse nyuma y’ikorwa rikomeye ryabaye mu isanzure

by MUNYANKINDI Alphonse
April 2, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.