Ubwo ivugabutumwa rikomeje gushaka inzira nshya zo kugera ku bantu benshi, itsinda ry’abaririmbyi Gisubizo Ministry ryahisemo kwagura imbago z’umuziki wa Gospel binyuze mu bufatanye n’umuhanzi ukunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo, Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben. Ibi byagaragariye mu ndirimbo nshya yise “Nabaye umwe n’Imana”, yasohotse mumasaha make ashize, ikaba imwe mu ndirimbo igize album yabo ya gatandatu.
Iyi ndirimbo yasohotse ku wa Gatatu, tariki ya 28 Mutarama 2026, nyuma y’igihe gito imaze yamamazwa ku mbuga nkoranyambaga, bigaragaza uburyo Gisubizo Ministry ikomeje kugendana n’ibihe mu kumenyekanisha ibikorwa byayo. Amashusho yayo yafatiwe mu Mujyi wa Kigali, muri Crown Conference, ku wa 18 Ukuboza 2025, ahantu hazwi mu kwakira ibikorwa bikomeye by’umuziki n’ibindi birori.
Ubu bufatanye ni bwo bwa mbere bubaye hagati ya The Ben na Gisubizo Ministry, bukaba bugaragaza icyerekezo gishya cyo guhuza umuziki usanzwe ukunzwe cyane n’uw’ivugabutumwa, hagamijwe ko ubutumwa bwa Kristo bugera kure. Iyi ndirimbo ije ikurikira izindi The Ben yari aherutse gusohora, zirimo “Indabo Zanjye”, ndetse n’igitaramo gikomeye “The Nu-Year Groove” yakoreye muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026.
Umuyobozi wa Gisubizo Ministry, Muhemeri Justin, yavuze ko bahisemo gukorana na The Ben kubera ubushobozi no kuba afite amukurikira batari bake, akavuga ko ibyo byabafasha bityo ubutumwa bwiza bwa Kristo bukarushaho gukwira hose.

Yagize ati: “Twahisemo gukorana na The Ben kugira ngo ubutumwa bwiza bw’Imana bugere kure. Turamushimira ko yemeye gukorana natwe, kuko gukorana nawe ni inkunga ikomeye kuri Gisubizo Ministry mu kwagura ubutumwa bwiza bw’Imana na Gospel yose muri rusange.”
Muhemeri yanongeyeho ko “Nabaye umwe n’Imana” ari indirimbo ya mbere mu ndirimbo zirindwi zigize album yabo ya gatandatu, anatangaza ko album yose izasohoka muri uyu mwaka wa 2026.
Mu myaka 21 Gisubizo Ministry imaze ikora umuziki w’ivugabutumwa, yubatse izina rikomeye rishingiye ku guteza imbere impano z’abaririmbyi bayo no gutanga ubutumwa bufite ireme. Bamamaye mu ndirimbo zirimo “Nguhetse ku Mugongo”, “Amfitiye Byinshi”, “38 Irangiye”, “Uzandengere”, “Ametupa Nguvu” n’izindi nyinshi zakunzwe n’abatari bake.
Uretse indirimbo, Gisubizo Ministry yagiye ikora ibitaramo bikomeye mu Rwanda no mu mahanga, bigira uruhare rukomeye mu gukwirakwiza ubutumwa bwiza binyuze mu muziki, ikaba ikomeje kwigaragaza nk’imwe mu nkingi za mwamba muri Gospel nyarwanda.









