Umukinnyi wa filimi akaba n’umushoramari mu muco, Eric Kabera, ari mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ari kwerekana ibikorwa bye no kuganira n’abayobozi batandukanye bo mu nzego z’imyidagaduro, ubucuruzi n’ubukerarugendo ku rwego mpuzamahanga.
Kabera yatumiwe mu gutangiza ku mugaragaro ibirori bikomeye bya gala bigamije kwamamaza Intego z’Iterambere Rirambye (SDGs) z’Umuryango w’Abibumbye.
Byabereye muri Beverly Hills City Hall mu ntangiriro z’uku kwezi.
Iyi gala yahuje abantu bakomeye bo mu nzego zitandukanye zirimo imyidagaduro, ishoramari n’ubukerarugendo, ku bufatanye n’Umujyi wa Beverly Hills.
Mu kiganiro yagiranye na The New Times, Kabera yavuze ko uru rugendo ari amahirwe akomeye yo kumenyekanisha ibyo akora no kwagura imikoranire.
Yagize ati: “Ndi hano nerekana bimwe mu bikorwa byanjye, ariko nanone nigira ku bandi bayobozi b’inganda zitandukanye ku rwego rw’isi.”
Yasobanuye ko kuba u Rwanda rugaragaye muri ibi birori bifite igisobanuro gikomeye, cyane ko byashingiye ku mateka ye mu bijyanye n’uburezi no gukora filimi zifite intego yo guhindura sosiyete.

Kabera yavuze ko umuryango GEMS wamuhisemo nk’umwe mu bitabiriye bwa mbere, hashingiwe ku ruhare yagize mu gutanga ubumenyi binyuze muri sinema.
Muri iyi gala, Kabera yanatoranyijwe nk’umwe mu bahagarariye uyu mushinga (champions and advocates), aho yatanze ikiganiro cyagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugera ku ntego za SDGs.
Yavuze ko yagaragaje aho u Rwanda rugeze mu iterambere n’uko ruri kwitwara ku rwego mpuzamahanga.
Uretse kwitabira ibi birori, Kabera yavuze ko intambwe ikurikiraho ari ugushaka abafatanyabikorwa bashya bazana ishoramari n’imishinga mu Rwanda.
Yagize ati: “Intego ni ukumenyesha aya mashyirahamwe u Rwanda, bakamenya amahirwe aruhari n’ibyo igihugu cyacu gishoboye.”
Ku ruhande rwa sinema, Kabera yatangaje ko ari kongera imbaraga mu gukora filimi zigaragaza isura nziza y’u Rwanda na Afurika muri rusange.
Yavuze ko intego ari ukuva ku nkuru zishingiye gusa ku mateka y’intambara n’amakuba, hagashyirwa imbere izigaragaza umunezero, icyizere n’ubuzima busanzwe.
Kabera uzwi cyane kuri filimi 100 Days, yavuze ko n’ubwo kwibuka amateka ari ingenzi, igihe kigeze ngo Afurika igaragazwe no mu zindi nkuru.
Kuri ubu ari gutunganya filimi nshya y’urukundo n’ingendo yitwa Love on a Moto, ivuga ku mukobwa uva muri Amerika akaza mu Rwanda.
Yanavuze kandi ko muri Gashyantare hazabera i Los Angeles kwerekanwa bwa mbere bwa filimi ngufi Her Right, igaruka ku kurengera abana no kurwanya imico ibangamira ubuzima bw’imyororokere.
Kabera asoje avuga ko azakomeza gukoresha sinema nk’igikoresho cyo kwigisha, guharanira impinduka nziza no kwamamaza isura nziza y’u Rwanda ku isi.






