Umunyapolitiki w’Umunya-Uganda Dr. Kizza Besigye, uzwi cyane mu guhangana na Leta ya Perezida Yoweri Museveni, yaburiwe irengero ubwo yari i Nairobi muri Kenya. Ibi byabaye tariki ya 16 Ugushyingo 2024, ubwo yari yitabiriye ibirori byo kumurika igitabo cya Martha Karua, umunyapolitiki w’inararibonye wo muri Kenya.
Dr. Winnie Byanyima, umugore we akaba n’umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS), yatangaje ku wa 19 Ugushyingo ko afite amakuru yemeza ko umugabo we yashimutiwe i Nairobi akajyanwa gufungirwa muri kasho ya gisirikare i Kampala, muri Uganda.
Yagize ati: “Ndasaba Leta ya Uganda kurekura byihuse umugabo wanjye Dr. Kizza Besigye. Yashimuswe ku wa Gatandatu ubwo yari mu birori byo kumurika igitabo cya Martha Karua i Nairobi. Nahawe amakuru yizewe ko ari muri kasho ya gisirikare i Kampala.”
Ishyaka FDC (Forum for Democratic Change), ryashinzwe na Besigye, ryemeje ko guhera tariki ya 16 Ugushyingo atongeye kuboneka, nyuma yo kugera ku nyubako ya Riverside Drive i Nairobi. Umuryango n’abanyamategeko be basaba ko ahita arekurwa kuko atari umusirikare, bityo ntakwiye gufungirwa muri kasho ya gisirikare.

Amateka y’umubano wa Museveni na Besigye
Dr. Besigye na Perezida Museveni bafitanye amateka akomeye y’umubano wabaye mwiza, ariko nyuma ugasenyuka. Mu gihe cya revolisiyo yo kubohora Uganda mu myaka ya 1980, Dr. Besigye yari mu basirikare b’inkingi za mwamba mu rugamba rwari ruyobowe na Museveni. Muri icyo gihe, yabaye umuganga wihariye wa Museveni, bagirana icyizere gikomeye.
Nyuma yo gutsinda urugamba no gufata ubutegetsi mu 1986, Besigye yakomeje gukorana na Museveni mu buyobozi bwa gisirikare ndetse no muri guverinoma. Icyakora, mu myaka yakurikiyeho, Besigye yatangiye kunenga imikorere ya Museveni, cyane ku bijyanye n’ubutegetsi bw’igitugu no kwima amahirwe amashyaka atavuga rumwe na Leta. Mu 1999, yamaganye uburyo Museveni yayoboraga igihugu, maze asezera ku mwanya yari afite muri guverinoma, agatangira urugamba rwa politiki rwo kumuvuguruza.
Uhereye icyo gihe, Dr. Besigye yahatanye na Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu inshuro enye (2001, 2006, 2011, na 2016), ariko kenshi akanenga uburiganya mu matora. Mu 2021, yahisemo kudahatana, aharira umwanya Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umuhanzi wahindutse umunyapolitiki wamenyekanye cyane mu guhangana na Museveni.
Ibirego n’impaka byatewe n’ifungwa rye
Ibi birego by’ishimutwa rya Besigye byongeye guteza impagarara mu banyapolitiki b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, bavuga ko Leta ya Museveni ikomeje gukoresha uburyo bwo gucecekesha abatavugarumwe nayo. Ku rundi ruhande, Leta ya Uganda ntabwo yari yatanga itangazo rihamya cyangwa rihakana ibi birego.
Dr. Kizza Besigye, ukomeje kugaragara nk’umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu n’impinduka muri Uganda, yihatiye gukomeza urugamba rw’amahoro mu guharanira demokarasi mu gihugu cye, ariko imbogamizi zituruka ku ngufu za Leta zikomeje kumugora.










