Umuvangamiziki (Deejay), w’umunya-Uganda witanye Imana, witwa Seth Mwalye, wamammye nka Dj Ciza, akaba ari bushyingurwe uyu munsi tariki ya 26 Mutarama 2026, i Mbale mu karere ka Matarama.
Dj Ciza yitabye Imana ku itariki ya 24 Mutarama 2026. Nk’uko amakuru abivuga, uyu mu Deejay wamamaye cyane mu bihe bya bya Guma mu rugo (COVID-19 lockdown), afpuye azize ibibazo by’uburwayi.
Dj Ciza yavutse ku itariki ya 26 Mutarama 1992, bivuze ko uyu munsi tariki ya 26 Mutarama 2026, yari kuba yujuje imyaka 34 y’amavuko. Gusa umuryango we watangaje ko uyu munsi wa mbere w’icyumweru ari uwo ari bushyingurirweho I Mbale.
Umuryango wa nyakwigendera, Mwalye Seth Snr n’umugore we Mwalye Aidah, babajwe cyane n’urupfu rwa Mwalye Seth Jr, ari waramamaye nka Dj Ciza, witabye Imana ku itariki ya 24 Mutarama 2026.
Dj Ciza yari umwana ukundwa cyane mu muryango, ndetsi n’insuti nziza, umuryango n’inshuti z’umuryango bavuga ko bitewe n’ibikorwa yakoze byakoze ku mitima y’abantu benshi, azahora yibukwa kubera
Umuryango wanyakwigendera ku cyumweru gishize tariki ya 25 Mutarama 2026 hakozwe umuhango wo gusezera umubiri nyakwigendera ndetse banaha abandi bantu amahirwe yo kusezera (body viewing), iki gikorwa cyabaye saa mbiri za mu gitondo (08Am –kugeza 01Am) ku muhanda wa Kulambiro Ring Road hafi ya Prime. Gushyingura umubiri wanyakwigendera birakorwa uyu munsi saaMunani z’amanywa (2Pm), mu mudugudu wa Shibanga, I Mbale mu karere ka Manafwa.
Dj Ciza yari yarubatse izina rikomeye mu ruganda rwa muzika rwo muri Uganda kubera ubuhanga bwe mu kuvanga umuziki, aho yavagaga umuziki mu buryo buhebuje, yaba muri Afurika ndetse no ku rwego mpuzamahanga.







