Diplomate afatanyije n’inshuti ye Spark G wari usanzwe anamutunganyiriza amashusho y’indirimbo, batangiye kuvugutira umuti ikibazo cy’abahanzi bakora umuziki ariko ntubinjirize.
Nk’umwe mu bakora umuziki, Diplomate yavuze ko na we akora umuziki ariko ntugire icyo umwinjiriza, byagiye bimugiraho ingaruka zinyuranye, birangira we n’inshuti ye bafashe icyemezo cyo gushinga urubuga abahanzi bajya bacururizaho ibihangano byabo.
Uru rubuga bise ‘Talastage’ Diplomate ahamya ko ruzafasha abahanzi kubasha kubyaza umusaruro ibihangano byabo bitandukanye n’uko byari bimeze.
Ati “Ni urubuga kugeza ubu turi gucishaho amashusho y’indirimbo, aho umuhanzi ayashyiraho abakunzi be bakareba igihangano cye mbere y’uko hari undi ukibona ariko kugira ngo babigereho bikabasaba kwishyura amafaranga agera ku muhanzi ku kigero cya 70% kuko 30% asigara mu buyobozi bw’uru rubuga kugira ngo rurusheho gukora neza.”
Ku ikubitiro Diplomate yahise anashyiraho indirimbo ye nshya yise ‘Inyange’ yakoranye na Logic Hit, iyi abari kuyireba mbere y’uko ijya ku mbuga zisanzwe zicurangirwaho imiziki basabwa kwishyura 100Frw.
Uretse ababasha kureba iyi ndirimbo kuri uru rubuga bishyuye aya mafaranga, hari n’aho abakunzi b’uyu muhanzi bashobora guhita bagatera inkunga ibikorwa bye bitewe n’uko bishobora kwinjiza.
Ku rundi ruhande uretse kuba ari urubuga yatangije, Diplomate yavuze ko bahaye ikaze n’abandi bahanzi ku buryo barwiyambaza mu gihe bafite igihangano gishya mu rwego rwo kugira ngo abifuza kukireba bakibone ariko hari ibyo babinjirije.
Diplomate yavuze ko uru rubuga rumaze kujya ku murongo ku buryo rushobora gutanga umusaruro bamaze imyaka itari mike barwubaka ndetse ntiyatinya no guhamya ko rumaze kubatwara n’arenga miliyoni 20Frw.
Kora hano ubashe kureba indirimbo nshya ya Diplomate








