• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Monday, December 1, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Diego Forlan wamamaye muri ruhago,ubu akina tennis nk’uwabigize umwuga

Ntwali Christian by Ntwali Christian
November 11, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umugabo wo mu gihugu cya Uruguay Diego Forlan wabaye umukinnyi w’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo guhagarika gukina uwo mukino mu mwaka wa 2019 asigaye yarihebeye tennis aho akina nk’uwabigize umwuga.

Ku myaka 45 y’amavuko Diego Forlan agiye kwitabira irushanwa rya tennis ryitwa Uruguay Open aho azaseruka mu kiciro cy’abakina ari babiri babiri akazafatanya na Federico Coria wo muri Argentine uri ku mwanya wa 101 ku rutonde rw’abakinnyi bahagaze neza muri tennis ku isi muri iki gihe. Muri iri rushanwa riri mu marushanwa akomeye yo ku rwego rukurikira urwa mbere ku isi yose riteganyijwe kuva ku itariki ya 11 kugeza ku ya 17 Ugushyingo 2024, Forlan afite ikizere ko we na mugenzi we bazitwara neza bakegukana umwanya ushimishije. Umwaka ushize Diego Forlan yatangaje ko nta bwoba afite bwo guhangana n’abandi bakinnyi ba tennis ba kabuhariwe. Yaravuze ati “Jyewe nkunda kwiha intego mu buzima bwanjye. Tennis ni umukino wihariye kuri jyewe. Numva mfite ishyaka ryo kwipima n’abandi bakinnyi ba tennis bakomeye baturutse impande zose z’isi”.

Mu irushanwa ry’igikombe k’isi cy’umupira w’amaguru ryabereye muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2010, Diego Forlan ni we watowe nk’umukinnyi mwiza. Icyo gihe ni na we watsinze ibitego byinshi kuko yinjije bitanu. Yigaruriye imitima ya benshi ubwo yakinaga umupira w’amaguru. Yanyuze mu makipe akomeye atandukanye nka Manchester United yo mu Bwongereza, Villarreal na Atletico de Madrid zo muri Espanye na Inter de Milan yo mu Butaliyani. Yahamagawe inshuro 112 mu ikipe y’igihugu ya Uruguay ayitsindira ibitego 36.

Diego Forlan asigaye yarihebeye tennis

Nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru mu mwaka wa 2019 yahise yinjira mu kazi k’ubutoza. Gusa gutoza ntiyabitinzemo kuko mu mwaka wa 2021 yahisemo kwinjira muri gahunda nshya yo gukina tennis. Amaze kwitabira amarushanwa menshi muri Amerika y’Epfo ariko irushanwa rya Uruguay Open ni irya mbere mu marushanwa akomeye cyane agiye guhatanamo.

Share2Tweet2Send
Previous Post

Amateka ya Nyirarumaga wabaye umusizi wa mbere w’ Umunyarwandakazi

Next Post

Imvano yo Kuvugisha inani na rimwe: Imvugo yazanywe n’umwaduko wa Primyus ya Bralirwa.

Ntwali Christian

Ntwali Christian

IZINDI NKURU WASOMA

RGB Yasheshe inzego zose za Rayon Sports, ishyiraho Komite y’Inzibacyuho iyobowe na Abdallah Murenzi

RGB Yasheshe inzego zose za Rayon Sports, ishyiraho Komite y’Inzibacyuho iyobowe na Abdallah Murenzi

by MUNYANKINDI Alphonse
5 days ago

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwasohoye icyemezo gikomeye cyo gusesa inzego zose zari zifite ububasha mu ikipe ya Rayon Sports...

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yitabye Imana

by Alex RUKUNDO
2 months ago

Nkosinathi Emmanuel Nathi Mthethwa, wari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, yasanzwe muri hoteli i Paris yapfuye, iperereza ry’ibanze rikavuga...

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

Abaturage bo mu Bugereki banze kubyara

by Peacemaker PUNDIT
3 months ago

Ni inkuru itangaje kuyumva cyangwa se kuyibarira abantu bo mu bihugu bibyara nka kumwe bivugwa muri Bibiliya"Mubyare mwuzure isi mube...

Next Post
Gahuza miryango

Imvano yo Kuvugisha inani na rimwe: Imvugo yazanywe n'umwaduko wa Primyus ya Bralirwa.

Ndagisha inama: nkore iki ko Maze igihe ndyamana n’umugabo w’abandi kubireka byarananiye

Ndagisha inama: nkore iki ko Maze igihe ndyamana n'umugabo w'abandi kubireka byarananiye

CIMEGOLF 2024

Abagera kuri 200 ni bo bazitabira irushanwa rya CIMEGOLF 2024 Kunshuro ya 6.

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda
Imyidagaduro

Nyuma yo kunyurwa Richard Nick Ngendahayo yatanze itariki nshya yo kongera gutaramira abanyarwanda

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana
Amateka

Inzozi za Richard Nick Ngendahayo: Uko Kwifuza Kuba Umunyamakuru Byahindutse Urugendo rw’Ubutumwa mu Ndirimbo z’Iyobokamana

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry
Amateka

Amateka ya Gaby Kamanzi umuhanzi udasanzwe muri Gospel Industry

by MUNYANKINDI Alphonse
December 1, 2025
Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda
Imyidagaduro

Jose Chameleone ategerejwe mu majyaruguru ya Uganda

by Alex RUKUNDO
November 30, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.