Umuhanzi w’Umunya-Uganda Clever J yongeye kuvugaku bibazo bimaze igihe bivugwa mu rugo rwe, agaragaza ko yamaze amezi hafi atandatu ataba mu nzu yabanagamo n’umugore we, nyuma y’amakimbirane akomeye yabaye hagati yabo.

Uyu muhanzi wari umaze igihe atavugwaho rumwe n’umugore we, by’umwihariko nyuma y’aho amushinje kugirana imikoranire n’abantu bakekwagaho ibikorwa by’ubupfumu no kumugirira nabi, yavuze ko nubwo yabihakanye, ayo makimbirane yasize icyuho gikomeye mu mibanire yabo.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri Uganda, Clever J yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva mu rugo mu rwego rwo gushaka amahoro, aho gukomeza kubana mu makimbirane adashira.
Yagize ati: “Maze amezi atandatu ntaba mu rugo.
Nabonye ko amahoro ashoboka ari uko mba kure gato. Si uko naretse inshingano, ahubwo ni ukugira ngo hatangire ituze.”
Uyu muhanzi yavuze ko yasize mu rugo ibintu bye byose birimo na studio yakoreragamo umuziki, ndetse n’abana, ariko akomeza kubitaho mu buryo bw’amafaranga n’amarangamutima. Yavuze ko igihe cyose abonye ubushobozi, yohereza amafaranga yo kwita ku bana be.
Ati: “Ntabwo naretse urugo rwanjye, narusigiye Imana. Icy’ingenzi ni uko abana bameze neza kandi babona ibyo bakeneye.”
Clever J kandi yatangaje ko muri iki gihe ari gushyira imbaraga mu kurangiza inzu yubakira se, kugira ngo ave mu bukode, hanyuma na we azashake aho aba ukwihorera mu gihe ategereje kureba uko ejo hazaza h’urugo rwe hazagenda.
Nubwo atatangaje niba bazongera kubana n’umugore we, amagambo ye agaragaza ko ataracika intege ku bijyanye no kubungabunga isura y’umuryango.
Gusa abakurikiranira hafi imyidagaduro bavuga ko igihe kizerekana niba koko hari amahirwe yo kongera kubana cyangwa niba bazahitamo gutandukana burundu.
Inkuru y’uyu muhanzi ikomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bamushyigikiye bavuga ko amahoro ari ingenzi kurusha byose, mu gihe abandi bibaza niba gutandukana by’igihe kirekire bidashobora gutuma urugo rusenyuka burundu.







