Cinderella Sanyu, umwe mu bahanzi bakomeye kandi bamaze igihe kirekire mu njyana ya dancehall muri Uganda, yihanangirije abahanzi bakizamuka cyane cyane abibutsa ko bagomba kwirinda agasuzugura bahanzi bamaze igihe kinini muri uwo mwuga.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Cindy yafashe uruganda rw’umuziki aru gererenya nk’ishyamba, aho iryo shyamba irigira amategeko yaryo bwite, ibityo iyo umuntu wese yifuza kuribamo kandi akarirambamo igihe kirerekire agomba kubahiriza ayo mategeko.
Cindy yagiriye inama aba bahanzi bakiri bato cyane cyane ko bitagomba gushyamirana (kugirana ikibazo) n’abahanzi bamaze igihe kinini muri uyu mwuga kuko byabarangirira nabi kandi byanaborohera no kubarandura.
Ati: “Uruganda rw’umuziki ni nk’ishyamba. Nyushobora kuryinjiramo ngo usuzugure ibyo urisanzemo, ‘oya’, ugomba kubanza ukitonda cyane ko iryo shyamba rba rigira amategeko yaryo, kandi iyo umuntu wese ayarenzeho abagomba guhangana n’intare umwami w’ishyamba.”
Ibi abitangaje mu gihe abahanzi bakizamuka bakunze kumvikana bataka kenshi ko abahanzi bakuze babangamira mu gihe cyo gukora umuziki wabo ndetse no kuwumenyekanisha ibihangano byabo. Ibi si ubwa mbere ubyumvi ku ko no minsi ishije abahanzi bakizamuka bagiye bagirwa inama kanshi na n’abahanzi bakomeye muri ki gihugu cya Uganda.









