Uwahoze ayobora ibikorwa by’itsinda rya GoodLyfe, Chagga, yagarutse ku buhanga budasanzwe bwa Mowzey Radio, asobanura ko yari umwe mu bahanga b’abanditsi b’indirimbo bafite impano idasanzwe Uganda yigeze kugira.
Mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube channel, Chagga yavuze ko Radio yari afite umwihariko mu mirimo ye; ati: “Buri munsi yashoboraga kwandika indirimbo eshatu cyangwa enye.”
Chagga yongeyeho ati: “Ushobora kubaza Julius wa Swangz Avenue n’abandi uko bajyaga bagura indirimbo ze. Abantu bose bari bazi neza urukundo n’ubumuntu bwe.”

Yakomeje avuga ko Radio yari umuntu utarakundaga gukora ibintu bigamije inyungu ku giti cye, kuko yakundaga guha abantu benshi indirimbo ze yanditse aho kuzigumana. Ariko kandi, hari igihe abantu bamugiriraga ishyari ndetse byamugiragaho ingaruka, ariko ntabyiteho; rimwe na rimwe bigasa n’aho ari uburiganya.
Chagga yanavuze ko nyuma y’ubuhanga bwa Radio mu muziki, hari n’uruhande rudasobanutse rw’“umukino mubi” mu ruganda rw’umuziki. Yavuze ko hari abantu bamwe bakoreshaga intege nke za Radio mu buryo bwo kumugirira nabi.
Ati: “Hari igihe bazaga bazi neza ko Mowzey yanyweye inzoga (Whisky), nyinshi zimugiraho ingaruka zitari nziza, bityo bagategura uburyo bwo kumunywesha izo nzoga kugira ngo zimwangize. Iyo yanywa Nile Beer, yabaga ari umunyamahoro, ariko iyo yanywaga whisky yahinduraga imitekerereze ye.”
Chagga yasoje avuga ko yakabaye yarahagaritse abantu bamuherezaga ibiyobyabwenge, ariko hari n’abantu benshi, n’abo mu buyobozi bwe bwite, bagiye bamuhereza izo nzoga rwihishwa.
Mowzey Radio; umuhanzi wubatse amateka akomeye muri Uganda, urupfu rwe rukaba rwarasize icyuho mu muziki
Nyakwigendera Moses Nakintije Ssekibogo, uzwi nka Mowzey Radio, umuhanzi w’ibihe byose wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki wa Uganda. Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye, kwandika indirimbo, no guhanga umuziki ufite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi.

Yatangiye kumenyekana mu muziki mu 2005 nk’umunyeshuri muri Kaminuza ya Makerere, akorana n’abandi bahanzi bakomeye. Mu 2007, yashinze itsinda GoodLyfe Crew na Weasel Manizo, rikaba ryamamaye cyane mu ndirimbo nka Bread and Butter, Ngenda Maaso na Magnetic. Radio yari afite ijwi ridasanzwe kandi yandikiraga abahanzi benshi barimo Irene Ntale, Juliana Kanyomozi, Bebe Cool n’abandi.
Yari umuntu w’inyangamugayo, wafashaga abandi bahanzi, nubwo yahuye n’ibibazo mu buzima bwe bw’umuziki. Ku wa 1 Gashyantare 2018, yitabye Imana azize ibikomere yatewe mu mutwe nyuma yo gukubitirwa mu kabari ka Entebbe, agahinda ke gatera uburibwr mu gihugu no mu karere.
Umurage wa Mowzey Radio uracyari mu ndirimbo ze, zirimo ubuhanga, ubwitange n’urukundo rw’umuziki, byafashije guteza imbere umuziki wa Uganda n’uw’Afurika y’Uburasirazuba ku rwego mpuzamahanga.







