• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
October 22, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Uwahoze ayobora ibikorwa by’itsinda rya GoodLyfe, Chagga, yagarutse ku buhanga budasanzwe bwa Mowzey Radio, asobanura ko yari umwe mu bahanga b’abanditsi b’indirimbo bafite impano idasanzwe Uganda yigeze kugira.

Mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube channel, Chagga yavuze ko Radio yari afite umwihariko mu mirimo ye; ati: “Buri munsi yashoboraga kwandika indirimbo eshatu cyangwa enye.”

Chagga yongeyeho ati: “Ushobora kubaza Julius wa Swangz Avenue n’abandi uko bajyaga bagura indirimbo ze. Abantu bose bari bazi neza urukundo n’ubumuntu bwe.”

Chagga yavuze ko yakabaye yarahagaritse abantu bagiriraga nabi Mowzey Radio

Yakomeje avuga ko Radio yari umuntu utarakundaga gukora ibintu bigamije inyungu ku giti cye, kuko yakundaga guha abantu benshi indirimbo ze yanditse aho kuzigumana. Ariko kandi, hari igihe abantu bamugiriraga ishyari ndetse byamugiragaho ingaruka, ariko ntabyiteho; rimwe na rimwe bigasa n’aho ari uburiganya.

Chagga yanavuze ko nyuma y’ubuhanga bwa Radio mu muziki, hari n’uruhande rudasobanutse rw’“umukino mubi” mu ruganda rw’umuziki. Yavuze ko hari abantu bamwe bakoreshaga intege nke za Radio mu buryo bwo kumugirira nabi.

Ati: “Hari igihe bazaga bazi neza ko Mowzey yanyweye inzoga (Whisky), nyinshi zimugiraho ingaruka zitari nziza, bityo bagategura uburyo bwo kumunywesha izo nzoga kugira ngo zimwangize. Iyo yanywa Nile Beer, yabaga ari umunyamahoro, ariko iyo yanywaga whisky yahinduraga imitekerereze ye.”

Chagga yasoje avuga ko yakabaye yarahagaritse abantu bamuherezaga ibiyobyabwenge, ariko hari n’abantu benshi, n’abo mu buyobozi bwe bwite, bagiye bamuhereza izo nzoga rwihishwa.

Mowzey Radio; umuhanzi wubatse amateka akomeye muri Uganda, urupfu rwe rukaba rwarasize icyuho mu muziki

Nyakwigendera Moses Nakintije Ssekibogo, uzwi nka Mowzey Radio, umuhanzi w’ibihe byose wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki wa Uganda. Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye, kwandika indirimbo, no guhanga umuziki ufite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi.

Mowzey Radio yasize umurage ukomeye mu muziki wa Uganda, aho ijwi rye rikomeza kuvugira mu bihangano bye kugeza n’ubu

Yatangiye kumenyekana mu muziki mu 2005 nk’umunyeshuri muri Kaminuza ya Makerere, akorana n’abandi bahanzi bakomeye. Mu 2007, yashinze itsinda GoodLyfe Crew na Weasel Manizo, rikaba ryamamaye cyane mu ndirimbo nka Bread and Butter, Ngenda Maaso na Magnetic. Radio yari afite ijwi ridasanzwe kandi yandikiraga abahanzi benshi barimo Irene Ntale, Juliana Kanyomozi, Bebe Cool n’abandi.

Yari umuntu w’inyangamugayo, wafashaga abandi bahanzi, nubwo yahuye n’ibibazo mu buzima bwe bw’umuziki. Ku wa 1 Gashyantare 2018, yitabye Imana azize ibikomere yatewe mu mutwe nyuma yo gukubitirwa mu kabari ka Entebbe, agahinda ke gatera uburibwr mu gihugu no mu karere.

Umurage wa Mowzey Radio uracyari mu ndirimbo ze, zirimo ubuhanga, ubwitange n’urukundo rw’umuziki, byafashije guteza imbere umuziki wa Uganda n’uw’Afurika y’Uburasirazuba ku rwego mpuzamahanga.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Kim Kardashian yizihije isabukuru ye mu Bufaransa nyuma yo kumurika filime ye nshya “All’s Fair”

Next Post

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

by Alex RUKUNDO
1 hour ago

Umwuka mubi hagati ya Yung Mulo na Alien Skin ukomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko Mulo atangaje ko umuyobozi wa...

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
22 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
23 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

Next Post
Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Nyuma y’imyaka itanu Christopher tagaragara muruhame yatumiwe  mu gitaramo cy’i Kigali 

Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi

Marina yavuze ko gukorana indirimbo na Riderman byahoze ari inzozi

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

Perezida Paul Kagame yizihije isbukuru y’imyaka 68

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera
Imyidagaduro

Umwuka mubi hagati ya Alien Skin na Yung Mulo ukomeje gufata indi ntera

by Alex RUKUNDO
March 7, 2026
Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.