Nyuma y’amasaha make urujijo rugaragara ku mbuga nkoranyambaga rukavugisha benshi, abahanzi bakomeye mu Rwanda, The Ben na Bruce Melodie, bongeye kugaragaza ko umubano wabo ukomeye kandi ushingiye ku bwumvikane, aho The Ben yisubiyeho akura ku mbuga nkoranyambaga ifoto yari yifashishije agaragaza ko ibitaramo byatangajwe na Bruce Melodie ari ibihuha.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2026, nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, birimo uruhande rwa The Ben ndetse n’urureberera inyungu za Bruce Melodie.
Ibiganiro byibanze ku gusobanura icyateye kudahuza kwabaye no kwirinda ko byakomeza gufatwa nabi mu ruhame.

Inkuru yatangiye gukwirakwira cyane nyuma y’uko Bruce Melodie ashyize hanze ifoto yamamaza ibitaramo bizenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda, aho yari yagaragaje ko azabifatanya na The Ben.
Icyo gihe, The Ben yahise ajya ku mbuga nkoranyambaga ashyira kuri iyo foto amagambo “Fake News”, ibintu byahise bituma abakunzi b’umuziki bibaza byinshi ku mubano w’aba bahanzi bombi.
Amakuru impinga.rw yamenye agaragaza ko kuva ubwo inama zakomeje kuba nyinshi, haba kuri telefone ndetse no mu biganiro byabereye imbonankubone.
Nyuma y’igihe cy’ibiganiro byimbitse, The Ben yafashe icyemezo cyo gusiba iyo foto, igikorwa cyafashwe n’abenshi nk’ikimenyetso cy’uko impande zombi zongeye kumvikana.
Ku rundi ruhande, hateganyijwe ko guhera muri Kamena 2026, Bruce Melodie azatangira ibitaramo bizenguruka Intara zose z’u Rwanda, aho azataramana n’abahanzi batandukanye barimo na The Ben.
Ibi bitaramo biri mu byari byemeranyijweho mu masezerano bagiranye, byari byarashingiye ku bufatanye bwabayeho mu gitaramo “The New Year Groove” The Ben aherutse gukorera muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026.
Iyi nkuru ije mu gihe imyidagaduro nyarwanda ikomeje kuvugwamo byinshi, birimo ibitaramo byitabiriwe ku rwego rwo hejuru, kongera kwiyongera kw’ibikorwa by’imyidagaduro bizenguruka Intara, ndetse n’ubufatanye bw’abahanzi bakomeye bukomeje gutanga icyizere ku iterambere ry’uruganda rw’umuziki.
Abasesenguzi b’imyidagaduro bagaragaza ko ibi bitaramo bitegerejwe cyane bishobora gukomeza kuzamura urwego rw’ibitaramo mu Rwanda, cyane cyane nyuma y’uko mu minsi ishize hanagaragaye indi mishinga y’ubufatanye hagati y’abahanzi bakunzwe nko guhurira ku bitaramo byagutse bigamije kwegera abafana hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe abakunzi b’umuziki bakomeje gutegereza aya makuru mu byishimo, iyi nkuru yongeye kugaragaza akamaro k’ibiganiro n’ubwumvikane mu gukemura ibibazo bivuka mu ruhando rw’imyidagaduro, no kwirinda urujijo rushobora guterwa n’itangazamakuru ryo ku mbuga nkoranyambaga.







