• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Tuesday, February 3, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Byari urujijo si amakimbirane: The Ben asiba “Fake News” ashyigikira ibitaramo bya Bruce Melodie bitegerejwe na benshi

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
January 20, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Nyuma y’amasaha make urujijo rugaragara ku mbuga nkoranyambaga rukavugisha benshi, abahanzi bakomeye mu Rwanda, The Ben na Bruce Melodie, bongeye kugaragaza ko umubano wabo ukomeye kandi ushingiye ku bwumvikane, aho The Ben yisubiyeho akura ku mbuga nkoranyambaga ifoto yari yifashishije agaragaza ko ibitaramo byatangajwe na Bruce Melodie ari ibihuha.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2026, nyuma y’ibiganiro byahuje impande zombi, birimo uruhande rwa The Ben ndetse n’urureberera inyungu za Bruce Melodie.

Ibiganiro byibanze ku gusobanura icyateye kudahuza kwabaye no kwirinda ko byakomeza gufatwa nabi mu ruhame.

Itangazo ryasohotse ku mbuga nkoranyambaga rivuga ku bitaramo bya The Ben na Bruce Melody

Inkuru yatangiye gukwirakwira cyane nyuma y’uko Bruce Melodie ashyize hanze ifoto yamamaza ibitaramo bizenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda, aho yari yagaragaje ko azabifatanya na The Ben.

 Icyo gihe, The Ben yahise ajya ku mbuga nkoranyambaga ashyira kuri iyo foto amagambo “Fake News”, ibintu byahise bituma abakunzi b’umuziki bibaza byinshi ku mubano w’aba bahanzi bombi.

Amakuru impinga.rw yamenye agaragaza ko kuva ubwo inama zakomeje kuba nyinshi, haba kuri telefone ndetse no mu biganiro byabereye imbonankubone.

 Nyuma y’igihe cy’ibiganiro byimbitse, The Ben yafashe icyemezo cyo gusiba iyo foto, igikorwa cyafashwe n’abenshi nk’ikimenyetso cy’uko impande zombi zongeye kumvikana.

Ku rundi ruhande, hateganyijwe ko guhera muri Kamena 2026, Bruce Melodie azatangira ibitaramo bizenguruka Intara zose z’u Rwanda, aho azataramana n’abahanzi batandukanye barimo na The Ben.

Ibi bitaramo biri mu byari byemeranyijweho mu masezerano bagiranye, byari byarashingiye ku bufatanye bwabayeho mu gitaramo “The New Year Groove” The Ben aherutse gukorera muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026.

Iyi nkuru ije mu gihe imyidagaduro nyarwanda ikomeje kuvugwamo byinshi, birimo ibitaramo byitabiriwe ku rwego rwo hejuru, kongera kwiyongera kw’ibikorwa by’imyidagaduro bizenguruka Intara, ndetse n’ubufatanye bw’abahanzi bakomeye bukomeje gutanga icyizere ku iterambere ry’uruganda rw’umuziki.

Abasesenguzi b’imyidagaduro bagaragaza ko ibi bitaramo bitegerejwe cyane bishobora gukomeza kuzamura urwego rw’ibitaramo mu Rwanda, cyane cyane nyuma y’uko mu minsi ishize hanagaragaye indi mishinga y’ubufatanye hagati y’abahanzi bakunzwe nko guhurira ku bitaramo byagutse bigamije kwegera abafana hirya no hino mu gihugu.

Mu gihe abakunzi b’umuziki bakomeje gutegereza aya makuru mu byishimo, iyi nkuru yongeye kugaragaza akamaro k’ibiganiro n’ubwumvikane mu gukemura ibibazo bivuka mu ruhando rw’imyidagaduro, no kwirinda urujijo rushobora guterwa n’itangazamakuru ryo ku mbuga nkoranyambaga.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Impaka ku misifurire zongeye kuvugwa: FERWAFA ifashe icyemezo gikomeye ku mukino wa APR FC na Al Merrikh

Next Post

Karole Kasita yashimiye umwanditsi Mudra uruhare rukomeye yagize mu muziki we

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Nyuma y’uko Zaba Ray akoranye indirimbo na King James – ndumva nkiri mu nzozi

Nyuma y’uko Zaba Ray akoranye indirimbo na King James – ndumva nkiri mu nzozi

by Alex RUKUNDO
60 minutes ago

Zuba Ray yagowe bikomeye no kwakira ko yakoranye indirimbo na King James ahamya ko kubwe n’ubu akibifata nk’inzozi nubwo bamaze...

Umuneza Christopher  ubwo yamurikaga album ye H20 yavuze ko nta muhanzi wa mbera ubaho

Umuneza Christopher  ubwo yamurikaga album ye H20 yavuze ko nta muhanzi wa mbera ubaho

by Alex RUKUNDO
1 hour ago

Nyuma y’uko Christopher ashyize hanze album ye shya yise ‘H20), yavuze ko atemeranya n’abantu bakunze kuvuga ahri umuhanzi wa mbere...

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye

by Alex RUKUNDO
3 hours ago

Umuhanzi Big Eye Starboss yakiriye neza izamuka ry’impano nshya mu ruganda rw’umuziki, avuga ko abahanzi bashya ari ingenzi mu iterambere...

Next Post
Karole Kasita yashimiye umwanditsi Mudra uruhare rukomeye yagize mu muziki we

Karole Kasita yashimiye umwanditsi Mudra uruhare rukomeye yagize mu muziki we

Icyaha kidakwiye kwihanganirwa: Umwarimu wa kaminuza yatawe muri yombi akekwaho gusambanya abana b’abakobwa

Icyaha kidakwiye kwihanganirwa: Umwarimu wa kaminuza yatawe muri yombi akekwaho gusambanya abana b’abakobwa

“Mic Tribe 3” yiteguye kuzamura urwego rwa hip-hop mu Rwanda: B Threy na Bull Dogg bazaba abatunganya ibirori

“Mic Tribe 3” yiteguye kuzamura urwego rwa hip-hop mu Rwanda: B Threy na Bull Dogg bazaba abatunganya ibirori

Nyuma y’uko Zaba Ray akoranye indirimbo na King James – ndumva nkiri mu nzozi
Imyidagaduro

Nyuma y’uko Zaba Ray akoranye indirimbo na King James – ndumva nkiri mu nzozi

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Umuneza Christopher  ubwo yamurikaga album ye H20 yavuze ko nta muhanzi wa mbera ubaho
Imyidagaduro

Umuneza Christopher  ubwo yamurikaga album ye H20 yavuze ko nta muhanzi wa mbera ubaho

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye
Imyidagaduro

“Kuramba mu muziki bisaba guhozaho” – Big Eye

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026
Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde
Imyidagaduro

Ava Peace Yigaruriye Umutima wa Mbidde

by Alex RUKUNDO
February 3, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.