Kuri uyu wa Kabiri, ishyirahamwe ry’abakozi mu Bwongereza ryatangaje ko abaganga bagiye mu myigaragambyo, bikaba byateje impungenge ku mikorere y’ibitaro bya Leta. Ibi bibaye mu gihe Guverinoma yari imaze gutangaza ko yatangiye kunoza serivisi z’ubuvuzi.
Aba baganga, bamenyerewe nka ba resident doctors, bafashe icyemezo cyo kwigaragambya nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko igiye kugabanyaho 5.4% by’umushahara bahabwa. Nyamara bo bavuga ko badashobora kwemera iryo gabanywa, ko ahubwo bakwiye byibura kongererwa 29% kugira ngo umushahara wabo ugaruke ku rwego wariho mbere y’izamuka rikabije ry’ibiciro.
Umwaka ushize, aba baganga bari bemerewe izamuka rya 22% rizashyirwa mu bikorwa hagati ya 2023 na 2025, bikaba byaratumye bahagarika imyigaragambyo yari imaze igihe ibangamiye serivisi z’ubuvuzi. Gusa baracyavuga ko ibyo bidahagije, kuko amafaranga bakorera atajyanye n’igihe barimo, ndetse n’imihindagurikire y’ubukungu yibasiye Isi.
Abaganga babwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko batakwemera ko umushahara wabo ugabanukaho 5.4% ugereranyije n’uko mu 2008 byari byifashe.
Amategeko y’imyigaragambyo ateganya ko uburenganzira bw’abaganga bwo kwigaragambya bushobora kugeza muri Mutarama 2026. Ariko, ishyirahamwe BMA rivuga ko hakiri amahirwe y’uko iyo myigaragambyo yahagarikwa, hagakorwa ibiganiro n’inzego birebwa.

Guverinoma yo ikomeza kwitwaza ingamba zayo zo kugabanya ikoreshwa ry’ingengo y’imari, ivuga ko bitayemerera kongera imishahara ku rugero aba baganga bifuza. Ibi bibaye nyuma y’uko Guverinoma iherutse kugaruka ku cyemezo cyo kugabanya ingengo y’imari y’ubufasha ku batishoboye, ndetse hakaba haratanzwe n’impuruza ko ubukungu bushobora kuzamuka gahoro kurusha uko byari byitezwe.
Nubwo bitwa “abaganga bato,” aba ni abaganga bize amashuri menshi kandi bafite uburambe. Bagize 25% by’abakozi bose mu rwego rw’ubuvuzi mu Bwongereza.
Ihuriro ry’abayobora ibitaro bya Leta, NHS Employers, ryatangaje ko iyi myigaragambyo ishobora gutuma “imirimo ibarirwa mu bihumbi” idakorwa, bishobora no gutera ikibazo gikomeye ku barwayi, ndetse n’itangwa rya serivisi.
Iyi myigaragambyo ije mu gihe Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer itangiye kugaragaza ubushake bwo kuvugurura Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (NHS), cyari cyarashegeshwe n’ibibazo mu myaka myinshi ishize.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko iyi myigaragambyo iteye impungenge, kandi ko Minisitiri w’Ubuzima Wes Streeting yifuza kugirana ibiganiro n’abo bakozi bo kwa muganga kugira ngo baganire ku buryo bwo kuzamura imishahara n’imiterere y’akazi, bityo iyi myigaragambyo ikaba yahagarikwa.