Itsinda ry’umuziki Bonbon Vaudou ryo mu Bufaransa ryashyize ahagaragara album nshya yise Épopée Métèque, igaruka cyane ku nsanganyamatsiko y’ubuhunzi n’urugendo rwo kuva mu gihugu ujya mu kindi, bikomoka ku mateka bwite y’abayigize.
Iyi album ya gatatu ikurikiranye n’izindi ebyiri zasohotse, igaragaza indi ntambwe mu buhanzi bw’iri tsinda nyuma y’imyaka icumi rikora ari babiri gusa , aho ubu ryagutse rikaba rigizwe n’abantu 5.
Bonbon Vaudou igizwe na Oriane Lacaille na Jérémie Boucris, bombi bavuga ko insanganyamatsiko y’ubuhunzi ibakora ku mutima cyane kuko ikomoka ku mateka y’imiryango yabo. Se wa Oriane, René Lacaille, yavuye i Réunion ajya mu Bufaransa ku bushake, mu gihe se wa Jérémie we yaturutse muri Tunisie ajya mu Bufaransa mu bihe bitari byoroshye. Uku kuva mu gihugu byagize ingaruka ku mibereho n’imitekerereze y’abana babo.

Oriane asobanura ko kuba abana b’abimukira bibatera kwibaza byinshi ku nkomoko yabo, ku rukundo rw’igihugu cyabo, ku cyuho baterwa no kutaba hafi y’aho bakomoka. Jérémie na we avuga ko ibyo byabyaye amarangamutima atandukanye arimo urujijo, agahinda n’ukumva umuntu atandukanyijwe na gakondo ye. Avuga ko baje gusanga iyi nsanganyamatsiko yaracengeranye mu ndirimbo zabo kuva kera.
Mu buhanzi bwabo, Bonbon Vaudou ikoreshamo umuziki ukomoka cyane kuri Afurika no mu birwa byo mu Nyanja y’Ubuhinde, indirimbo zabo zigakorwa mu gifaransa no mu rurimi rwa creole. Ibi bigaragara no mu bwoko bw’ibikoresho bakoresha, birimo ibikoresho gakondo byo muri Réunion nka kayamb, guitare zikozwe mu bikoresho byakoreshejwe, ukulélé zo muri Tahiti, amafirimbi y’Abatwa b’abasangabutaka n’ibindi bikoresho bidasanzwe.
Iyi album igaragaraho kandi ubufatanye n’ishyirahamwe SOS Méditerranée, riharanira gufasha abimukira bari kugerageza kwambuka inyanja ya Méditerranée. Abahanzi bavuga ko bahisemo kubishyira no ku ishusho y’iyi album, ndetse bashishikariza abakunzi babo gutera inkunga icyo gikorwa binyuze mu nkunga yashyizweho.
Bonbon Vaudou yakoranye kandi n’abandi bahanzi barimo itsinda Piment Piment, ndetse banasubiramo indirimbo ya Bernard Lavilliers Les Mains d’or, bayivanga n’amagambo yo mu rurimi rwa creole, bagaragaza ubuzima bugoye bw’abakozi bo mu mirima y’ibisheke yo muri Réunion.
Binyuze muri Épopée Métèque, Bonbon Vaudou itanga ubutumwa: kuvuga ku buhunzi, ku kimenyane na gakondo, no ku mibabaro n’ibyiringiro by’abimukira, mu njyana zidasanzwe zihuza imico n’amateka atandukanye.







