Umuhanzikazi “King Herself,” wamamaye nka Cindy Sanyu, mu kiganiro cyihariye yagiranye na Baba Tv Uganda, yavuze ku itandukaniro riri hagati y’uruganda rw’umuziki muri Uganda n’urwa Mpuzamahanaga.
Cindy yasobanuye ko n’ubwo abahanzi mpuzamahanga bakunze kubona amafaranga menshi cyane, akenshi bakorera mu ibigo bikomeye by’umuziki (record labels) bifite amategeko akomeye agenga imyitwarire yabo.
Yavuze ko abahanzi bazwi ku isi nka Rihanna ari urugero rwiza, aho yavuze ko n’ubwo bunguka amafaranga menshi, usaga bafite ubwigenge budaghagije.
Ati: “Itandukaniro riri ku bahanzi nka Rihanna ni uko bunguka menshi, ariko usaga badafite ubwigenge n’ubwo dufite hano muri Uganda.”
Cindy yongeraho ko abahanzi bafitanye amasezerano n’ibigo bikomeye akenshi bahabwa amategeko y’uko bagomba kwitwara, uko bagomba kuvuga, uko bagomba kwambara, ndetse rimwe na rimwe ugasanga ntibifatira byemezo byabo bwite nko kujya mu rukundo cyagwa kuba yashinga umueyango.
Mu buryo butandukanye, yagaragaje ko abahanzi bo muri Uganda bafite ubwigenge bwinshi. Bashobora guhindura uburyo bakora umuziki, guhindura buri kimwe yabo cyose, cyangwa gufata ibyemezo byabo bwite batagombye kubifatirwa n’abandi.
Yongeyeho ati: “Abahanzi bo muri Uganda bashobora gukuraho cyangwa gushyira abayobozi babo mu igihe batabaha cyagwa badakora ibyo bumvikanye,” kandi avuga mu bindi bihugu abayobozi bashyirwaho n’ibigo, kandi rimwe na rimwe bashobora gufata icyemezo niba umuhanzi akomeza cyangwa ahagarikwa.
Ku birebana n’umwuga we, Cindy yavuze ko afite aho ahagaze: yongeyeho ko nubwo yakwishimira inyungu z’umuziki mpuzamahanga, ariko ubwigenge bufite agaciro kurusha ibindi byose ku muhanzi.
Yashoje agira ati: “Nkunda kwigenga cyane kuruta ibindi byose, sijya nifuza ku yoborwa n’umuntu uwa ari we wese, ubwigenge ni ubwa mbere.”








