Alien Skin yanenze bamwe mu bahanzi bakomeye muri Uganda, abashinja kuba bari inyuma y’abakoresha TikTok, babaha amafaranga mu ibanga kugira ngo basebye abandi bahanzi bafitanye amakimbirane.
Atangaje ibi nyuma y’uko umwe muba TikToker Luwilight atawe muri yombi, amaziana ye yiswe n’ababyeyi be Nansubuga Aish, uyu mu TikToker yatawe muri yombi ku busabe bwa Bebe Cool, akekwaho guhohotera no gutoteza yifashifashishije imbuga nkoranyambaga ( cyber harassment and abuse), aho iritotezwa rifatanye isano n’ubucuruzi bw’imigati (bakery business) bwa Zuena. Alien Skin yavuze ko iyo nkuru yashyize ahagaragara ikibazo kimaze igihe mu ruganda rw’umuziki mu gihugu.
Nk’uko Alien Skin avuga ko hari abahanzi bafite amaziana akomeye bishyura ku bushake abakoresha imbuga nkoranyambaga kugira ngo babarwanire intambara zabo, bikaba byabyara icyo yise “ubugoryi n’ubucucu bikorerwa mu nganda z’imyidagaduro.
Yagize ati: “Icyaha ndagishyira ku bahanzi, cyane cyane abahanzi bamaze kubaka amazina yabo, kuko ari bo babiteye. Bashyizeho urganda mu rundi ruganda.”
Yakomeje avuga ko abo bahanzi bishyura abantu kugira ngo batuke cyangwa basebye undi muhanzi bafitanye amakimbirane, ntibatekereze ko uwo muntu bishyuye na we umunsi umwe ashobora kuzabwishyura ngo abasebye.
Alien Skin yavuze ko iyo myitwarire yagiye ikura iko imyaka yagiye ishira, ukugeza ubwo yinjiye no mu bahnzi bakizamuka, bikaba bishoboka ko kuyihagarika bizagorana.
Yanongeyeho ko kugerageza gukora inama na bene abo bakora ibyo kugira ngo ubwire aho bagarukira biba bigoye cyane, kuko intego yabo nyamukuru ari ugutuma uwo batatse agira ihungabana n’umujinya uko byagenda kose.
Yagize ati: “Ntushobora kubagira inama ngo bagire aho bagarukira ‘oya.
Ntushobora kubabwira ko gutukana Atari byiza cyagwa gusebyana ibyo ntibabikozwa, cyane ko intego yabo ari ukukubuza amahoro, ni yo mpamvu bakoresha uburyo bwose bushoboka.”







