Umuhanzi w’Umunya-Uganda umaze igihe kinini mu muziki, Viboyo Oweyo, yatangaje ko interuro imwe yaririmbye mu ndirimbo y’icyamamare “Mr. DJ” yahinduye ubuzima bwe, ndetse ikanamufasha kugura imodoka.
Mu kiganiro yagiranye na Next Radio, Viboyo yavuze ko nyuma yo gusohoka kw’indirimbo yahuriyemo abahanzi benshi yitwa “Mr. DJ” mu 2009, avuga ko hari umufana wishimiye cyane igitero yaririmbyemo bityo akamuha miliyon 15 y’amashiringi ya Uganda nk’ishimwe.
Viboyo yavuze ko atari yiteguye kwakira iyo mpano avuga ko yayihawe n’umuntu atigeze ahura na we na mbere.
Viboyo ati: “Naguze imodoka yanjye ya mbere ku mafaranga navanye ku mu gitero naririmbye mu ndirombo yiswe ‘Mr Dj’. Nubwo twavuga ngo byatangiriye mu gotaramo cyagwa ahandi. Ariko ahari umuntu wumvise igitero cyanjye aravuga ati, Viboyo, ukwiriye igihembo,’ampa Miliyoni 15 ngo ngure imodoka. Mu by’ukuri sinari nzi uwo muntu.”
Icyo gihe, iyo ndirimbo yarakunzwe cyane mu gihugu, ihuriza hamwe abahanzi bakomeye bi muri Uganda, ndetse ihita ifata umwanya munini ku maradiyo nyuma yogushyirwa hanze.
Gusa Viboyo yagaragaje ko atishimiye uko muri iki gihe abafana batanga impano nk’izo, avuga ko bakunze kwitwa “blessers,” basa n’abagabanutse mu ruganda rwa muzika.
Yibajije impamvu abahanzi b’iki gihe badakunze kubona inkunga nk’iyo ishobora guhindura ubuzima bwabo, nubwo urwego rw’imyidagaduro rwagiye rutera imbere.







