Tekereza uvukiye ku Kwezi, ukahakurira ubuzima bwawe bwose, aho gusimbuka metero nyinshi biba ibisanzwe, naho kugenda bigasa n’umukino. Ubuzima bwo ku Kwezi buba butandukanye cyane n’ubwo ku Isi, kuko ahantu hose hari imbaraga za rukuruzi zidasa.
Ku kwezi, rukuruzi iri hasi cyane—ingana hafi na kimwe cya gatandatu cy’iyo ku Isi. Ibi bituma umubiri w’umuntu uhakura udatunganywa nk’uw’umuntu wabayeho ku Isi. Amagufa n’imikaya ntibikomera bihagije kuko bitabona “imyitozo karemano” itangwa na rukuruzi ikurura buri munsi.
Iyo waza gufata icyemezo cyo kuza ku Isi, ni ho ikibazo nyirizina cyatangirira. Ukigera hano, wakwiyumva nk’uri kwambikwa umubiri mushya uremereye. Kugerageza guhagarara byagusaba imbaraga nyinshi cyane, ku buryo wakwibona ugwa nk’umwana uri kugerageza gutera intambwe ya mbere.
Imbaraga za rukuruzi zo ku Isi zagutsindagira hasi, zigatuma wumva uremererwa n’umubiri wawe inshuro zigera kuri esheshatu ugereranyije n’uko wari umeze ku Kwezi.
No kuzamura akaboko byakwiyumvamo nko guterura umutwaro uremereye, naho kugenda byaba nk’inzozi.
Iyo waba utambaye imyambaro yabugenewe igufasha kwihanganira izi mbaraga, ushobora guhura n’ibibazo bikomeye by’ubuzima birimo kuvunika amagufa, kubura umwuka uhagije cyangwa no guhagarara k’umutima.
Ibi byose ntibyaterwa n’indwara, ahubwo byaterwa n’uko umubiri wawe utamenyereye rukuruzi ikomeye nk’iyo ku Isi.
Siyansi isobanura ibi ivuga ko umubiri w’umuntu wisanisha n’aho avukiye akanakurira.
Ku Isi, rukuruzi ikora nk’aho ari “gym” idahagarara, ikomeza amagufa n’imikaya buri munsi, bigatuma tubasha guhagarara, kugenda no kwiruka.
Ku muntu wavukiye ku Kwezi, ayo mahirwe ntiyabaho. Rukuruzi nto ituma amagufa n’imikaya bigumana intege nke, ku buryo umubiri utiteguye guhangana n’imbaraga zo ku Isi.
Ibi bituma wibaza niba n’ibiremwa bivugwa ko biva ku yindi mibumbe byashobora kubaho ku Isi.
Igisubizo ni uko byaterwa n’aho byaturuka. Imibumbe nka Jupiter na Saturn ifite rukuruzi irenze cyane iyo ku Isi, mu gihe Mars n’Ukwezi bifite nke.
Ni na yo mpamvu abana bato bagorwa no kugenda, bakagwa kenshi. Amagufa yabo aba atarakomera bihagije, rukuruzi ikabarusha imbaraga. Bikorwa nk’isomo rito ritwereka uko rukuruzi igira uruhare runini mu buzima bwacu bwa buri munsi, n’uko ubuzima bwo ku Kwezi bwahindura umuntu ku buryo atabasha kubana n’Isi uko tuyizi.










