Uwahoze ari umudepite wa Kawempe South, Mubaraka Munyagwa, yasubije ku magambo aherutse kuvugwa na King Saha, ibintu byakomeje kongera ubushyamirane yabo bumaze iminsi bututumba.
Uku guterana amagambo hagati y’aba bombi kwatangiye nyuma y’uko hasakaye amashusho yerekana King Saha anenga Munyagwa, anamuburira ko tagomba kwiyitirira ishyaka rya National Unity Platform (NUP) mu biganiro ajya atanga mu bitangazamakuru. Muri ayo mashusho, Saha yibajije ruhare rwa politiki rwa Munyagwa, anagaragaza ko atamufat nk’umuntu ufite ijamborikomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Icyakora, Munyagwa yavuze ko amagambo y’uyu muhanzi ntacyo amubwiye kandi ko nta ngaruka ashobora kugira muri politike.
Munyagwa yagize ati: “Ibintu byose yavuga nta cyo bibwiye kandi ntibishobora guhungabanya umwuga wanjye wa politiki mu buryo ubwa ari bwo ari bwose.”
Uyu munyapolitiki uzwiho kuvuga adaciye ku ruhande, yakomeje anenga King Saha. Munyagwa yavuze ko uyu muhanzi adafite amashuri ahagije, avuga ko yagarukiye mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, igihembwe cya kabiri.
Uyu munyapolitiki uzwiho kuvuga adaciye ku ruhande, yakomeje anenga urwego rw’amashuri rwa King Saha. Munyagwa yavuze ko uyu muhanzi adafite amashuri ahagije, avuga ko yagarukiye mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, igihembwe cya kabiri.
Munyagwa yakomeje agira ati: “Ushobora kuzuza sitade abafana, kandi ibyo abanyarwenya barabikora. Ariko kuyobora bisaba amahame y’umurimo ukorera abaturage, si ubwinshi bw’abantu baza mu bitaramo.”







