Umunyamakuru ukora inkuru z’imyidagaduro Vivian Ayesiga Kabahindi, wamamaye nka Viana Indi,yasezeye ku kigo cy’itangazamakuru Next Media nyuma y’imyaka ine agikorera.
Uyu munyamakuru kunze kwiyita Vybe Queen yinjiye muri Next Media muri Kamena 2022, aho yatangiye ari umunyamakuru n’umutumirwa mu kiganiro NBSSNL kuri NBS Television. Nyuma yaje no kujya akora mu bindi biganiro birimo NBS After 5 na Next Brunch, ibiganiro byatumye amenyekana cyane mu myidagaduro.
Mu ibaruwa yasangije abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Viana Indi yavuze ko imyaka yamaze muri iki kigo cya Next Media yamubereye urubuga rwo kwiyunguramo ubumenyi, kwigira kuri byinshi no kugirana umubano n’abakurikira imbuga ze.
Ati: “Mu myaka ishize nagize amahirwe akomeye yo kwiyungura ubumenyi, kwiga no kugirana umubano n’abakurikirana ibiganiro binyuze muri After 5 kuri NBS Television na Next Brunch kuri Next Radio. Ibi biganiro si ibiganiro gusa kuri njye; ni ahantu hatumye ijwi ryanjye rirushaho kumenyekana, bituma ngira icyizere ndetse binamfasha gukura ku giti cyanjye no mu mwuga.”
Viana Indi yavuze ko asezeye nyuma y’uko amasezerano yari afitanye n’iki kigo arangiye, anashimira amahirwe yahawe yo gukorera muri Next Media.
Yongeyeho ati: “Nyuma y’uko amasezerano yanjye arangiye, nifuje gutangaza ko nasezeye kuri Next Media ku mugaragaro. Iyo ntekereje amahirwe nahawe bintera gushimira abayobozi b’ikigo”
Yakomeje avuga ko uru rugendo rwamubereye ingenzi cyane, kandi ko ibyo yibukiramo bizahora ari igice cy’inkuru y’ubuzima bwe.
Ati: “Uru rugendo rwari rufite agaciro gakomeye kuri njye, kandi ibyo nibuka naboneyemo bizahora ari igice cy’inkuru yanjye. Ubu nizeye ejo hazaza hanjye mfite icyizere n’ibyishimo ku ntambwe nshya igiye gutera.”
Kugeza ubu Viana Indi ntaratangaza icyo agiye gukora, ariko avuga ko azakomeza indi mirimo asanzwe akora irimo kuba umusagiza w’ibiganiro mu birori (MC) ndetse no gukora.








