Nyuma y’uko Christopher ashyize hanze album ye shya yise ‘H20), yavuze ko atemeranya n’abantu bakunze kuvuga ahri umuhanzi wa mbere kurusha abandi cyagwa bamwe mu abahanzi biyita abambere mu muziki.
Muneza Christopher yagize ati: “Nubwo ntawe gamije gusesereza, ariko sinemeranya n’bamwe mu bahanzi bishora mu mpaka zo kuba aba mbere mu muziki.”
Uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yari ari kumenyekanisha album ye nshya yise ‘H20’.
Christopher yavuze ko ibyo guhangana ntacyo bifasha abahanzi, ahamya ko umuziki wa kabaye urubuga ruhuza abantu kurusha kubahanganisha.
Christopher ati: “Ubundi cyereka abahanzi babyizereyemo bakumva ko umuhanzi runaka atagakeiye kaba umwanzi wawe kubera ko ari umunyamuziki, umuziki ukwiye kuba uhuza abantu ntabwo utandukanya abantu.”
Ku rundi ruhande Christopher ntiyemeranya n’ibikunze gukorwa byo guhanganisha abahanzi, ahamya ko nta muhanzi wa mbere ubaho.
Ati “Njye ntawe nibasiye nta n’uwo ndibuvuge izina ariko nta muhanzi wa mbere ubaho, ubwo se waba uri uwa mbere mu biki? Hari urwego ugeraho mu Rwanda ukaba uzwi n’abantu bose […] biragoye ko wavuga ngo uyu niwe wa mbere, oya nta muhanzi wa mbere ubaho.”
Christopher avuga ko mu gihe ukoze indirimbo ikamamara bitakugira uwa mbere kuko haba hari n’abandi bafite indirimbo zizwi cyangwa n’ejo havuka undi nawe agakora indirimbo kamamara kurusha iyawe.
Uyu muhanzi yagaragaje ko abantu bakunze kwitiranya abafana bakunda umuhanzi cyane n’ababa bashungereye umuhanzi runaka kubera ibyo akora.
Ati “Tugira abantu benshi badukunda tukagira n’abandi badushungera, hari abahanzi bakundwa cyane bivuye ku mutima, tukagira n’abandi bashungerwa kubera ibintu runaka bakunda gukora.”
Christopher yagaragaje ko nta buryo bwo gupima igikundiro ku bahanzi buhari, ndetse ko iryo hangana inshuro nyinshi zituma hari byinshi byangirika.
Uyu muhanzi ahamya ko abantu bakwiye kujya batandukanya umuhanzi abantu bemera n’uwo abantu bakunda.





