Umuhanzi Daxx Kartel yanenze uburyo leta itanga amafaranga ku bahanzi, avuga ko iyo gahunda ishobora kuteza ibibazo mu ruganda rw’imyidagaduro mu gihe kirekire.
Mu kiganiro yagiranye na Gossip Live, Daxx Kartel yavuze ko aho guha amafaranga abahanzi nk’impano, leta ikwiye gushyiraho politiki n’ingamba zifasha abahanzi kwinjiza amafaranga mu buryo burambye bishingiye ku bikorwa byabo.
Yasobanuye ko urwego rw’imyidagaduro rukwiye gufatwa nk’urwabahanga cyane ko abarubarizwamo ari abahanga (creative industry) kandi ko ari runini ku buryo rushobora no gutanga imirimo myinshi ku baturage, bityo ko rudakwiye kwishingikiriza ku nkunga y’amafaranga atangwa na leta.
Yagize ati: “Mureke gutera inkunga y’amafaranga urwego rw’imyidagaduro.Ni ikosa kuduha amafaranga kandi muzicuza.Ayo mafaranga akwiye gushorwa mu bikorwa bishobora guteza imbere inzego n’imikorere y’imyidagaduro ishobora gutuma uyu mwuga ukorwa neza,ku buryo tuzagera aho akaba ari twe dutanga inkungay’amafaranga kubayishaka.”
Daxx yashimangiye ko gushora imari mu nzego zubaka urwego rw’imyidagaduro, mu mategeko arugenga ndetse no mu mikorere yarwo byafasha abahanzi gutera imbere no kubaka urwego rwigenga rushobora no kugira uruhare runini mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Yanaburiye ko gukomeza leta igira uruhare mu miyoborere y’uru rwego binyuze mu bantu bamwe na bamwe, “bayihuza n’abahanzi,” bishobora kwaginza uru ruganda mu gihe kirekire.
Yasobanuye ko nubwo ibyo bikorwa bishobora kugaragara nk’ubufasha mu gihe gito, bishobora kubangamira iterambere ry’uru rwego kuko bituma rutigenga ngo rwiyubake.
Mu magambo ye asa n’uwibasira Uganda National Musicians Federetion (UNMF), Daxx Kartel yasabye abayobozi b’uru rwego gutekereza ku murage bazasiga mu ruganda rwa muzika.
Yasoje agira ati: “Mwabyaye abana kandi ntimuzi icyo bazaba ejo. Haracyaza abandi bahanzi, akandi bazarimba kubarusha, ikandi bazazana impinduka. Icyo gihe bazavuga ngo abariho mubihe byashize ntibigeze buzuza inshingano zabo.”




