Umuhanzikazi w’icyamarere akaba n’umwe bagize itsinda Blu*3, Jackie Chandiru, yavuze ko uruganda rw’umuziki rwataye agaciro muri Uganda.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Jackie Chandiru yasobanuye ko kubera urubyiruko rwinshi rushaka kwamamara vuba kandi byihuse ku mbuga nkoranyambaga, ibintu by’ingenzi bikoreshwa mu muziki byagiye bibuara bianakaza agaciro kabyo.
Yagize ati: “Ubu ndatekereza ko nta cyerekezo cy’umuziki muri Uganda. Ndabivuga kuko n’iko kuri rwo, nta cyerekezo cy’umuziki gihari rwose muri iki gihe.”
Yakomeje agira ati: “Umuntu avuze ijambo runaka rihita ryamamara (Viral), ejo kumva ryajambo riri mu ndirimbo. Nya cyerekezo gihari kabasa. Umuntu wese ubishaka ahita ajya muri studio akaririmba, ndakurahiye uruganda rw’umuziki rwarangiritse.”
Yagiriye inama abakora ibikorwa by’ubuhanzi n’abakora ibikorwa bishya byigajemo ubungeni gushaka abafite impano, bakabibandaho bakabateza imbere aho kwinjira mu muziki gutyo gusa.
Yagize ati: “Niba uri TikToker kandi ukora udukino (skits) neza, komeza ubikore. Ujye utezimbere ubwo buhanga bwawe, ububyaze umusaruro. Ntugerageze kuririmba kuko ufite abo ukurikira ntabwo uzabishobora. ‘Yego’ rimwe na rimwe bishobora kugenda neza, ubundi ntibigende, ariko ntugakoreshe urubuga rwawe usenya umwuga w’ubuhanzi cyangwa utesha agaciro abandi. Ari rwose biragoranye pe!!”







