• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Tricia n’abandi bagaragaje agahinda batewe n’amagambo ya Ngabo Roben yavuze kuri Tom Close

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
June 19, 2025
Reading Time: 2 mins read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ange Tricia yagaragaje ko yababajwe cyane n’amagambo y’umunyamakuru Ngabo Roben wavuze ko Muyombo Thomas, uzwi nka Tom Close, ari we muhanzi “wakabirijwe kurusha abandi” mu mateka y’umuziki nyarwanda mu myaka 30 ishize.

Tricia yanditse ubutumwa kuri uyu wa Kane, tariki ya 19 Kamena 2025, nyuma y’ikiganiro cyakozwe na Chitta aho yagaragaje ko nta muntu ukwiye guhakana ibikorwa bya Tom Close. Yavuze ko amagambo ya Ngabo Roben yatesheje agaciro abahanzi, abanyamakuru, amaradiyo n’ibigo byatanze ibihembo bikomeye muri icyo gihe.

Yagize ati:“ Aba ni bamwe badafatirwaho kare, ejo babyuka bagatuka n’Igihugu cyababyaye! Wenda vuga Tom gusa, ariko ufashe n’abanyamakuru bose beza b’icyo gihe, na Radio n’ibigo byatanze ibihembo, ukabigira ubusa Ngabo Roben? Ujye uvuga ibyawe uko ubyumva, ariko ntushyiremo abandi banyarwanda.”

Yakoresheje n’umugani w’Ikinyarwanda agira ati:“ Umwana akina n’ibere rya nyina, ntakina akora mu bwanwa bwa se.”

Mu kiganiro “One on One” cya Taikun Ndahiro, Ngabo Roben yasabwe kuvuga ibintu bitatu azi kuri Tom Close. Yavuze ko ari umuntu w’intangarugero mu myitwarire, ko afite n’amashuri yisumbuyeho, ariko ahita yinjira mu mvugo yateje impaka agira ati:“ Tom Close ni we muhanzi wa mbere wakabirijwe cyane mu mateka y’umuziki w’u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko ari itangazamakuru n’abafana bamukuyeho icyizere vuba. Ati:“ Intsinzi ya Tom Close muri Primus Guma Guma Super Star yagwiriwe n’amabuye y’abafana batabyishimiye.”

Yanenze indirimbo Cinema yakoranye na Bull Dogg, avuga ko yayumvise ntiyamushimisha, anamusaba “kureka kuririmba burundu.”

Ati:“ Numvise n’indirimbo yakoranye na Bull Dogg… ndamukunda ariko numva itameze neza. Tom Close simwemera ikindi gukora umuziki nabireke kuko sibye.”

Aya magambo yatumye havuka impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga. Abakurikiranira hafi umuziki nyarwanda n’abo Tom Close yakoranye nabo, bamugaragaje nk’umwe mu bantu bagize uruhare runini mu iterambere ryawo.

Umuhanzi Muyombo Thomas wamenyekanye nka Tom Close

David Bayingana, umunyamakuru, yagize ati:“ Icyatumye Tom Close arushaho kuba udasanzwe si uko yaririmbye gusa, ahubwo ni uko yabashije guhuza ubuhanga bw’ishuri n’ubuhanzi. Ni icyitegererezo ku rubyiruko rw’u Rwanda.”

Uwase Constantin, nawe yamushimagije agira ati:“ Yabaye umuganga w’umutima n’umuhanzi w’imitima. Yaciye mu ibihe bigoye, ntiyacika intege.”

Yavuze ko indirimbo nka Sibeza, Ndacyagukunda, Mbwira na Inkuru y’Ukuri ari igice cy’amateka y’umuco w’urukundo mu Rwanda.

Muyoboke Alex, wamufashije kuva akiri muto, yagize ati:“ Uyu niwe watangije byinshi tubona uyu munsi. Yabifatanyaga no kwiga ubuganga! Urumva uwo muntu…”

Anitha Pendo umunyabigwi mu itangazamakuru akaba n’umushyushyarugamba, yagize ati:“ Yakoze umuziki mu bihe bikomeye, arengera ishema ry’amashuri ndetse n’ibindi, ni urugero rw’uko ushobora kuba icyamamare ariko agakomeza kuba umuntu wubaha, utanga inama.”

Tom Close yatangiye kumenyekana cyane kuva mu 2006, ubwo yari akiri mu mashuri y’ubuganga. Yegukanye ibihembo bikomeye birimo Kora Awards, Salax Awards, na Primus Guma Guma Super Star.

Bamwe bagaragaza ko kuba yaraje kwibanda ku mwuga w’ubuvuzi atari uko yacitse intege mu buhanzi, ahubwo ari icyemezo gishingiye ku mibereho n’inzozi ze.

Abamushyigikiye bavuga ko atigeze atezwa imbere n’itangazamakuru gusa, ahubwo ko ari urugero rwiza rw’umuntu waharaniye inzozi ze, agera aho benshi batagera.

Ibi byongeye kugaragaza ko Tom Close ashyira imbere ubunyamwuga, ubushishozi n’ubutumwa, kandi ko ibyo yakoze byose abikorana umutima wo gutanga urugero rwiza.

Ubwo yari mu kiganiro Password cya RBA, Tom Close yavuze ko kugira ngo ubuhanzi buhangwe neza, bisaba ibitu 3. Imyitwarire n’uburere (discipline): 30%, Imbaraga no kwitanga: 30%, Impano: 40%

Impinga

Umwanditsi: Alex RUKUNDO

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Isiraheli na Irani mu mirwano ikaze: Ibitero ku nganda za kirimbuzi no ku bitaro bya sivili

Next Post

Kubungabunga ibishanga: Inkingi y’iterambere rirambye mu Rwanda

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

rikaba rizitabirwa n'abahanga imideli bo mu bihugu nka South Africa, Kenya, Central Africa, Rwanda, USA na Senegal n’abamurika imideli babigize...

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB yabengutse umuziki wa Ruti Joel dore ko amufata nk'umuhanzi w'ibihe byose mu Rwanda. Umuyobozi...

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Kevin kade yasobanuye impamvu, yavuye muri Iwacu na muzika festival 2025, yari umwe mu batoranyijwe muri ibyo bitaramo byamaze iminsi...

Next Post
Kubungabunga ibishanga: Inkingi y’iterambere rirambye mu Rwanda

Kubungabunga ibishanga: Inkingi y’iterambere rirambye mu Rwanda

Ese inyamaswa zo mu ishyamba ziracyafite umutekano? – Uruhare rwacu mu kuzirengera

Ese inyamaswa zo mu ishyamba ziracyafite umutekano? – Uruhare rwacu mu kuzirengera

Ibisasu hagati ya Israel na Iran byateje impungenge ku isoko rya peteroli

Ibisasu hagati ya Israel na Iran byateje impungenge ku isoko rya peteroli

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...