Umuhanzikazi Spice Diana yatangaje ko yigeze gucika intege ku buryo yatekereje ku kureka umuziki, nyuma y’uko imodoka ye yibwe akiri umunyeshuri muri kaminuza.
Spice Diana yavuze ko ibyo byabaye ubwo yari ageze mu mwaka wa gatatu wa kaminuza ya Makerere University. Avuga ko icyo gihe yari ari kugerageza guhuza amasomo n’umuziki cyane ko yari atangiye kumenyekana, ndetse yari amaze igihe yizigama amafaranga yo gutunganya amashusho y’indirimbo ye.
Gusa ibintu byaje gukomera ubwo yibwaga imodoka atararagiza kwishyura amafaranga yose.
Diana yagize ati: “Hari igihe imodoka yanjye yibwe. Nari narazigamye amafaranga ngiye gukora amashusho y’indirimbo yanjye. Bibye imodoka yanjye n’utwo nari mfite. Iyo modoka nari narinyize ariko ntarayishyura amafaranga yose, ibyo bimaze kuba numvise nanze ubuzima bwanjye.”
Yavuze ko icyo kibazo cyamugoye ku cyakira cyane ko iyo modoka ariyo yari ashingiyeho mugendo yakoraga za buri munsi. Akomeza avuga ko icyo gihe yabaga my gace ka Makundye, kandi buri munsi yagombaga kujya kwiga Makerere University, ndetse akanayikoresha ajya mu bitaramo bitandukanye.
Kwiba ku imodoka ye byatumye bimugora guhuza ishuri n’umuziki cyane.
Spice Diana yunzemo ko yafashe icyemezo cyo gukoresha amafaranga make yari yakuye mu bitaramo yari koze mu biruhuko mu kwezi k’Ukuboza, kugira ngo abashe kogera kugura imodoka zimufasha gukomeza ibikorwa bye.
Yongeyeho ati: “Nari mfite nka miliyoni 1.5. Ntabwo yari ahagije ngo mbashe kungura indi modoka, ariko nanyuze ahantu bacuruza imodoka mbajije ibiciro nsanga imwe igura miliyoni 5. Nabahaye miliyoni 1.5, mbasigaramo ideni.”
Icyakora, yavuze ko urugendo rw’ibyo bibazo bitarangiriye aho. Igihe yagarukaga gufata imodoka, bamubwiye ko agomba kwishyura amafaranga yose, ibintu byongeye kumusiga nta nurumiya afite munzu.
Ati: “Nagezeyo ngiye gufata imodoka bambwira ko ngomba kuzana andi mafaranga. Natangiye gusaba ko bansubiza ayo nari naratanze, ariko bayagabanyamo igice.”
Avuga ko ibi bibazo byasingiye agahinda kenshi, kugeza ubwo yatangiye gutekereza kureka gukora umuziki burundu.
Yasoje agira ati: “Icyo gihe numvaga nzinutswe, ndetse natekerezaga kureka burundu umwuga w’ubuhanzi.”








