Umuhanzikazi Juliana Kanyomozi yahakanye amakuru avugwa ko yaba yaraharitse gukora umuziki, nyuma yo kuva mukirihuko yari yarafe amaze yabyaye.
Juliana yagarutse kuri ibyo bihuha mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru Allan Cruz, aho yasobanuye neza ko akunda umwuga we n’uko akomeje kuwitangira.
Yavuze ko yari azi neza ko hari abavugaga ko atakiri gushyira imbaraga mu muziki nyuma yo kubyara, ariko ashimangira ko ibyo bitari ukuri.
Yagize ati: “Abantu batandukanye bavuze ko nahagaritse gukora umuziki. Bavuga ko kuva na byara, ntagishaka gukora ibyo n’ibihuha.”
Yakomeje agaragaza ko umuziki ukiri ingenzi cyane mu buzima bwe, ndetse ko ari ikintu akunda gukora byimazeyo bityo atashobora ku wuhagarika.
Yasoje agira ati: “Bagomba kumenya ko nkunda akazi kanjye kandi cyane. Nkunda kuririmba; nkunda umuziki kuko untera ibyishimo byinshi. Sinshobora kubyuka ngo mpagarike gukora umuziki ‘oya’ n’ikiruhuko gisanzwe gusa.”








