Umunyamideri akaba n’umushyushyarugamba wo muri Uganda, Sheilah Gashumba, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gutanga ubutumwa bukomeye bugenewe urubyiruko, abasaba kureka kwitwaza ibibazo by’ubuzima bagahitamo inzira y’ibiyobyabwenge n’ibisindisha.
Ubu butumwa yabunyujije ku rukuta rwe rwa Snapchat, aho yasabye cyane cyane urubyiruko kwiga guhangana n’ukuri k’ubuzima aho guhunga ibibazo bifashishije ibisindisha.
Sheilah yagaragaje ko ubuzima budahora bworoshye, ko hari ibihe bigorana, ariko ko umuntu akwiriye kwiga kwikorera umutwaro we aho guhora ategereje ubufasha bw’abandi.
Yibukije urubyiruko ko abantu badahora biteguye gufasha, bityo ko kwiyubaka no kugira umutima ukomeye ari ingenzi mu rugendo rw’ubuzima. Yabasabye gutoza imitima yabo gukomera, bakareka kumva ko ubuzima bugomba guhora buboroheye.
Yagize ati: “Iyo uguye, ugomba kwiga guhaguruka ku bwawe. Ntabwo buri munsi uba Noheli. Hari igihe ubuzima buba bugoye cyane, ariko ntukigere wiheba.”
Sheilah yanenze imyitwarire ya bamwe mu rubyiruko bihutira kwisindisha cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge nk’aho ari umuti w’ibibazo. Yashimangiye ko ibyo atari igisubizo, ahubwo ko byangiza ubuzima kurushaho.
Yasabye urubyiruko kureba kure, rukiyegurira ejo hazaza harwo, rugashyiraho intego zo kubaho neza mu minsi iri imbere aho kwibera mu byangiza ubuzima bwabo.
Uyu munyamideri yanagarutse ku kamaro ko kwita ku buzima bwo mu mutwe, avuga ko ari ingenzi cyane cyane ku rubyiruko rukunze guhura n’ibibazo byinshi birimo ibikomere by’amarangamutima n’igitutu cy’ubuzima bwa buri munsi.
Ubu butumwa bwa Sheilah buje mu gihe hashize iminsi micye humvikanye inkuru y’inshuti ye ya hafi, Gloria Njuba, na we uzwi mu byo kwakira abantu mu tubari (hosting), uvugwa ko yirukanwe muri kamwe mu tubari two mu Mujyi wa Kampala kubera kunywa ibisindisha birenze urugero.
Abakurikiranira hafi imyidagaduro yo muri Uganda babona ko ubutumwa bwa Sheilah bufite aho buhuriye n’ibi byabaye kuri inshuti ye, ndetse ko bushobora kuba bugamije gukangurira urubyiruko kwigira ku makosa y’abandi no gufata imyanzuro irengera ubuzima bwabo.







