Umuhanzi Senderi Hit uzwi mu ndirimbo zigisha uburere mboneragihugu n’izijyanye no Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yongeye gusubiramo indirimbo ze ebyiri “Nyarubuye Nziza Twibuke” na “Guhanga si Uguhaga” nyuma y’imyaka irenga 20 azikoze.
Uyu muhanzi yavuze ko icyamuteye kongera kuzisubiramo ari uko ari indirimbo zibitse amateka akomeye ku buryo zitagakwiye gusaza zitaravuguruwe, cyane ko zigifasha benshi mu kumenya amateka no gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.
Impamvu yo kongera kuzivugurura
Senderi yavuze ko uko imyaka ishira, ibihangano bimwe na bimwe bisigara bitajyanye n’igihe kubera uburyo byakozwemo haba mu majwi cyangwa mu mashusho.
Yasobanuye ko izi ndirimbo zombi ari ingenzi kuko zifite ubutumwa bujyanye n’amateka y’u Rwanda, bityo byari bikwiye kuzisubiramo kugira ngo zijyane n’iterambere igihugu kigezeho.
Yagize ati: “Hari indirimbo zibika amateka akomeye ku buryo numva ko ari ngombwa kongera kuzivugurura haba mu majwi no mu mashusho, kugira ngo zikomeze kugera ku bantu benshi.”
Ubutumwa ku rubyiruko muri iki gihe cya Kwibuka
Senderi yasohoye izi ndirimbo mu gihe u Rwanda ruri mu minsi yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri uru rwego yasabye by’umwihariko urubyiruko kwirinda abantu bashaka gusenya ubumwe bw’Abanyarwanda cyangwa bagoreka amateka y’igihugu.
Yibukije ko mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwaga n’ingabo za RPA, amahanga menshi yari arebera, bityo ashimangira ko Abanyarwanda ari bo bafite inshingano zo kurinda ibyo bamaze kugeraho no gusigasira ubumwe bwabo.
Izi ndirimbo nshya zivuguruye zitezweho kongera gufasha abanyarwanda benshi, by’umwihariko urubyiruko, gusobanukirwa amateka no gukomeza kwimakaza indangagaciro z’ubumwe n’ubudaheranwa.









