Umuraperi w’icyamamare Wiz Khalifa yatangaje inkuru ibabaje y’urupfu rwa se, Laurence W. Thomaz, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yashyizeho ubutumwa bwakoze ku mitima ya benshi.
Uyu muhanzi ufite imyaka 37 y’amavuko, wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo nka “See You Again” yagaragaje agahinda ke kenshi ariko anashimira uruhare rukomeye se yagize mu buzima bwe, avuga ko amwubaha kandi ko namwibukira ku nyigisho n’indagagaciro yamwigishije.
Mu butumwa bwe, Wiz yagarutse ku buryo se yitebye Imana mu mahoro, anavuga amasomo akomeye yamusigiye. Yagize ati: “
Mu butumwa bwe, Wiz yagarutse ku buryo se yitabye Imana mu mahoro, anavuga amasomo akomeye yamusigiye. Yagize ati: “Uyu munsi papa yahisemo kudakanguka. Nzahora mukunda, mukumbura kandi nshimira ibyo yanyigishije. Yagiye nk’umuyogi nyakuri, mu mahoro kandi mu gihe cye. Nzahora ngukunda Laurence W. Thomaz.” Ubu butumwa yashyize kuri Instagram bwerekanye amarangamutima ye, agaragaza se nk’umuntu wagiye mu ituze n’icyubahiro.
Abakunzi be n’abandi bamukurikira bihutiye kumuha ubutumwa bw’ihumure n’inkunga, bagaragaza ko bifatanyije na we muri aka kababaro. Ibi byagaragaje uburemere bwo kubura umubyeyi.
Mu butumwa bwinshi bwamugezeho, bamwe bagaragaje ko na bo babajwe n’iyo nkuru ya kababaro. Umwe yagize ati: “Nzi uko wiyumva. Nanjye nabuze ababyeyi bimbo kandi n’ubu ndacyabibuka. Turakoze tugusengere.” Undi na we yanditse agira ati: “Turatekereza ko uri kunyura mu bihe bikomeye, turumba akababaro urimo kunyuramo ko kubura umubyeyi wa we.”
Ibi bibaye mu gihe Wiz khalifa yari akomeje ibikorwa bye bya muzika n’ubuzima bw’umuryango we, aho afite umuhungu witwa Sebastian yabyaranye n’uwahoze ari umukunzi we Amber Rose. Akenshi uyu muraperi yagiye agaragaza ko impanuro za se ari zo zagiye zimuha imbaraga ndetse ko zanamubereye umusingi w’intsinzi ye.
Mu gihe Wiz ari kunyura mu bihe bikomeye byo kubura umubyeyi we, umuryango wa hip-hop n’abakunzi be, bakomeje kumwihanganisha ku bwi gihombo yagize cyo kubura papa we, ndetse no ku musabira we na nyina Peachie n’imuryango we muri rusange.







