Uyu munsi izina Sat-B riri mu akunzwe cyane mu muziki wo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ariko inyuma y’icyo cyubahiro hari inkuru y’urugendo rurerure rwaranzwe n’ubukene, gusuzugurwa n’igeragezwa rikomeye. Sat-B, amazina ye nyakuri akaba Bizimana Abubakar Kalume, ni urugero rugaragaza ko impano ifatanije no kwihangana ishobora gutsinda ibihe bigoye.
Intangiriro zigoye n’inzozi zikomeye
Sat-B yavukiye mu Ntara ya Cibitoke, akurira mu Kanyosha mu nkengero z’Umujyi wa Bujumbura, ahazwi cyane nk’ahatuwe n’imiryango ifite amikoro make. Mu buto bwe, ubuzima bwari bugoye ku buryo kubona ifunguro rya buri munsi byasabaga imbaraga zidasanzwe. Icyakora, nubwo ubuzima bwari bumukomereye, umutima we wari wuzuye inzozi zo kuzaba umuhanzi.
Mu 2002 ni bwo yinjiriye bwa mbere muri studio, asohora indirimbo ye ya mbere. Icyo gihe kubona amafaranga yo kwishyura studio byari inzozi, kuko n’ibihumbi bike by’amafaranga y’u Burundi byabonekaga bigoranye. Yagiye akora urugendo rurerure n’amaguru ava mu Kanyosha ajya mu mujyi rwagati, ashaka amahirwe yo guhura n’abatunganya umuziki.
Gusuzugurwa no kwigirira icyizere
Sat-B ntiyahuye n’inkunga nyinshi mu ntangiriro. Yagiye ahura n’abantu bamwima amahirwe, abandi bakamufata nk’udafite aho agana. Yigeze no guhabwa izina rimusebya kubera imyambaro mike yari afite, kuko yari yambara ipantalo imwe igihe kirekire. Ariko ibyo byose ntibyigeze bimuca intege.

Ni muri iyo mibabaro no guhezwa havutse izina Sat-B, rikomoka kuri “Satellite y’u Burundi”. Yifuzaga kuba umucyo ugaragaza igihugu cye ku rwego mpuzamahanga, akoresheje umuziki. Iryo zina ryabaye ishingiro ry’icyerekezo cye n’icyizere cye.
Kwiyubaka binyuze mu mpano n’ubwiyigishije
Nubwo atabashije kwiga amashuri menshi Sat-B yifashishije kwiyigisha. Yize umuziki ku giti cye, yiga kuririmba, gutunganya indirimbo no kwitwara ku rubyiniro. Yagiye agerageza injyana zitandukanye zirimo Zouk, Reggae, R&B, Hip-hop, Raggaeton ndetse n’Amapiano, bituma abasha kugera ku bakunzi b’ingeri zitandukanye.
Uyu munsi, ni umwe mu bahanzi bake b’Abarundi babashije gutungwa n’umuziki, indirimbo ze zigakundwa n’abantu babarirwa muri za miliyoni ku mbuga nkoranyambaga. Yakoze ibitaramo mu bihugu byinshi by’u Burayi no muri Afurika, agaragaza ko umuziki w’u Burundi ushobora kugera kure.
Ubutumwa ku rubyiruko n’intego z’ejo hazaza
Ku myaka 37, Sat-B ni umubyeyi w’abana batatu b’abahungu, kandi akomeza gufata umuziki nk’ubutumwa bwo gutanga ibyiringiro. Yemeza ko indirimbo ze zigamije gukangurira abantu amahoro, urukundo n’icyizere, cyane cyane abahuye n’ibibazo nk’ibyo na we yanyuzemo.
Akenshi asaba urubyiruko kudacika intege no kudatinya gutangira ruto, kuko nta kintu kidashoboka iyo hari ukwizera n’umurava. Mu minsi iri imbere, ateganya igitaramo gikomeye i Bujumbura cyo kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki, kizaba ari ikimenyetso cy’urugendo rudasanzwe rwubakiye ku kwihangana n’urukundo rw’umwuga.
Sat-B yiyumva nk’umuhanzi w’Abanyafurika bose, atari uw’igihugu kimwe gusa. Ku bwe, umuziki ni ururimi ruhuza abantu, kandi inkuru ye ikomeza kubera benshi isomo ryo kwemera inzozi zabo no kuzirwanira uko byagenda kose.







