Renowned gospel artiste Sarah Sanyu yavuze ku rugendo rwe mu muziki ku giti cye, imbogamizi yahuye na zo ndetse n’impamvu yemera ko ibihe bye byiza bikiri imbere.
Uyu muririmbyi uzwi cyane muri Ambassadors of Christ, yatangiye urugendo rwe mu muziki mu myaka irenga 20 ishize, aho yinjiye muri iyi korali mu 2006 akiri mu mashuri yisumbuye.
Iyi korali yaje gukura igera ku rwego mpuzamahanga, iririmba mu bihugu bitandukanye, naho Sanyu aza kuba umwe mu majwi y’ingenzi ayiranga.
Mu 2020, yafashe icyemezo cyo gutangira kuririmba ku giti cye, nubwo yakomeje gukorana na korali. Icyakora, yemera ko urugendo rwe rutageze ku ntego yari yihaye.

Yagize ati: “Sinageze ku byo nari nteganyije. Hari ibibazo bitandukanye birimo umuryango, akazi n’ubuzima bwite byatumye ntitanga ibyo nashakaga.”
Nubwo byagenze gutyo, Sanyu avuga ko atabyicuza, ahubwo yabifashe nk’amasomo y’ingenzi mu buzima bwe.
Ati: “Hari ibihe ntashoboraga kwita ku muziki uko bikwiye, ariko sinigeze mpagarara. Nakomeje gusohora indirimbo nubwo zitari nyinshi nk’uko nabyifuzaga, kandi abakunzi banjye bakomeje kunshyigikira.”
Mu myaka itandatu ishize, amaze gushyira hanze indirimbo zirindwi zakiriwe neza, zirimo “Umunsi Mushya”, “Mwana Wanjye”, “Mukunzi We” na “Omora”.
Ateganya kuzihuriza kuri album azashyira hanze mu ntangiriro z’umwaka utaha, kimwe no gukora igitaramo gikomeye abakunzi be bamaze igihe bategereje.
Yagize ati: “Abafana banjye barihanganye, kandi igihe kirageze. Nibigendagenda neza, nzakora igitaramo umwaka utaha.”
Mu rwego rwo kwagura imbibi z’umuziki we, Sanyu yatangiye no kuririmba mu Giswahili, nk’uko bigaragara mu ndirimbo ye nshya “Nifuate”.
Avuga ko uru rurimi rumufasha kugera ku bantu benshi kurushaho, kuko ubutumwa bwiza bugenewe bose.
Ati: “Ubutumwa bwiza si ubw’abantu bake. Ururimi rushobora kugabanya cyangwa kwagura aho bugera.”
Asoza agaragaza ko gukora umuziki wa gospel bisaba umuhamagaro, aho avuga ko abawinjiramo bashaka amafaranga gusa badashobora kuramba.
Ati: “Umuziki wa gospel si uw’amafaranga gusa. Niba ari yo ujyanyemo, ibihe bikomeye byakuvuna. Bisaba umuhamagaro n’intego irenze inyungu.”








