• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Ruti Joël Yemeje Ko Yitegura Kurushinga: “Arahari, Narakunze, Ndakundwa”

admin by admin
November 26, 2024
Reading Time: 1 min read
A A
Ruti Joel
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ruti Joël yateguje ubukwe n’umukunzi we, ariko akomeza kugumana amwe mu mabanga

Umuhanzi Ruti Joël, uzwi cyane mu njyana gakondo, yatangaje ko yitegura kurushinga n’umukunzi we, nubwo yirinze gutangaza byinshi ku bijyanye n’igihe nyirizina ubukwe buzabera.

Mu kiganiro yatangiye kuri radiyo B&B FM-Umwezi, mu kiganiro BB2to6, Uyu musore yahamije ko afite inkumi bakundana, ndetse ko urukundo rwabo rugeze ahantu hihariye. Yagize ati:

“Umugore na we ni vuba […] arahari narakunze, ndakundwa. Waririmba Musomandera ntihagire ugukunda? Ndakundwa nanjye, ndahendahendwa, ariko baravuga ngo iryo ni ibanga ryanjye. Gusa arahari!”

Nubwo yatanze ubu butumwa butera amatsiko, uyu musore ntiyigeze atangaza izina ry’uyu mukunzi we cyangwa ngo agire icyo avuga ku itariki y’ubukwe bwabo, yirinda kwerura byinshi ku by’urushako rwe.

Ruti Joël n’urugendo rwe mu muziki

Ruti Joël yatangiye urugendo rw’umuziki mu 2013, ubwo yari umwe mu itsinda rya Gakondo Group, rizwiho guteza imbere umuco n’injyana gakondo y’u Rwanda. Nyuma y’igihe, yafashe icyemezo cyo gukora umuziki ku giti cye, aho yakomeje gukora indirimbo zirata umuco n’amateka y’Abanyarwanda.

Ruti Joel  agiye kurushinga

Uyu muhanzi yakunze kugaragaza abahanzi bamubereye icyitegererezo, barimo abo bakoranye nka Massamba Intore wamufashije cyane mu rugendo rwe rwa muzika, ndetse n’abandi bahanzi bakomeye mu njyana gakondo barimo Muyango, Sentore Athanase, Rujindiri, Kayirebwa, Jules Sentore, n’abandi bamenyekanye cyane mu guteza imbere injyana gakondo.

Nubwo yakomeje kugumana ibanga ry’ubuzima bwe bw’urukundo, iyi nkuru yatumye benshi bamwifuriza ihirwe mu rugendo rushya rw’ubuzima ari kwitegura.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Car Free Day: Umunsi w’Imyitozo, Ubuzima Bwiza n’Ubumwe bw’Abaturage

Next Post

Bwa mbere Ibihugu birimo Armenia, Nicaragua, na Luxembourg byohereje Ababihagarariye mu Rwanda

admin

admin

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
21 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
22 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
1 day ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Amb. Patricio Alberto Aguirre Vacchieri wa Chile,

Bwa mbere Ibihugu birimo Armenia, Nicaragua, na Luxembourg byohereje Ababihagarariye mu Rwanda

Abana bakumiriwe ku mbuga nkoranyambaga

Hemejwe itegeko ribuza abadafite imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga.

Rutahizamu Abeddy

Ubuzima n'urugendo rw’Impano ya Biramahire Abeddy Mu Ruhando rw’Umupira w’Amaguru

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.