Rihanna yavuye mu Mujyi wa Los Angeles aho asanzwe atuye, nyuma y’iminsi mike umugore witwaje intwaro arashe ku nzu ye.
Ku Cyumweru tariki 8 Werurwe 2026 nibwo inzu ya Rihanna iherereye ahazwi nka Beverly Hills yarashweho amasasu 10, ariko ararusimbuka.
Ikinyamakuru TMZ cyakurikiranye iyi nkuru cyahishuye ko nyuma y’iri rasa, Rihanna yahise asohoka mu Mujyi wa Los Angeles akoresheje indege bwite, icyakora ntabwo cyatangaje aho yerekeje.
Iki kinyamakuru cyagaragaje ko Ivanna Lisette Ortiz ukekwaho kurasa amasasu ku rugo rwa Rihanna yari yarigeze kujyanwa mu kigo cy’abafite uburwayi bwo mu mutwe mbere ya 2023, ndetse anamburwa uburenganzira bwo kurera umwana we w’imyaka 10.
Amakuru ahari avuga ko inzu ya Rihanna yarashweho mu gihe yari mu rugo ari kumwe n’abana be batatu, gusa umugabo we, ASAP Rock ntiyari ahari.
Ku Cyumweru tariki 8 Werurwe 2026 nibwo uyu mugore uri mu kigero cy’imyaka 30, yatwaye imodoka ye yerekeza ahatuye Rihanna, maze arasa urufaya rw’amasasu menshi ku nzu ye, gusa ntibizwi icyamuteye gukora ibi.
Polisi yahise yihutira gutabara, ita muri yombi uyu mugore ukekwaho icyaha, ndetse iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane impamvu yabimuteye.
Nyuma y’iryo raswa ndetse uwarashe agatabwa muri yombi, ku mugoroba wo ku wa 9 Werurwe 2026 yaje kurekurwa nyuma yo gutanga ingwate y’ibihumbi 10$.












