Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahamagariye ibihugu bya Afurika gushyira imbere ikoranabuhanga rifasha abaturage bose, aho kuba iry’abatoranijwe bake, ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama y’Isi y’Ikoranabuhanga kuri telephone izwi nka Mobile World Congress (MWC) yabereye i Kigali mu mwaka wa 2025.
Ikoranabuhanga ry’Afurika ntirikiri inzozi
Mu ijambo rye ryakirijwe amashyi n’abitabiriye iyi nama, Perezida Kagame yibukije ko Afurika itakiri umugabane udafite ibikoresho, ahubwo yamaze kuba isoko y’udushya n’impinduka zituruka ku baturage ubwabo.
Yagize ati: “Afurika yavuye kure. Ubu telefoni na interineti si ibikoresho by’abifite gusa, ahubwo ni ibikoresho by’akazi, uburezi n’ubuzima bwa buri munsi. Ni ho iterambere ryacu rishingiye.”
Perezida Kagame yavuze ko urugendo rwa Afurika mu ikoranabuhanga rwagaragaje impano idasanzwe yo guhanga ibisubizo biturutse ku buzima busanzwe bw’abaturage, ashimangira ko mobile money ari urugero rufatika rw’ukuntu ubumenyi n’ubuhanga by’abenegihugu bishobora guhindura ubuzima.
Kwirinda ko ikoranabuhanga riba intandaro y’ivangura/ihezwa
Gusa, nubwo yishimiye intambwe imaze guterwa, Perezida Kagame yagaragaje impungenge ko iterambere rishobora guteza icyuho gishya hagati y’abafite amahirwe yo gukoresha ikoranabuhanga n’abatayafite.
Yagize ati: “Nubwo dufite amahirwe mashya azanwa na Artificial Intelligence n’imiyoboro yihuse, dufite n’akazi gakomeye ko kwirinda ko ikoranabuhanga ryaba intandaro y’ivangura. Iyo ikoranabuhanga ridashobora kugerwaho na bose, riba ritubangamiye aho kudufasha.”
Yibukije ko ikiganiro gikwiye muri Afurika atari gusa ku birebana n’imashini n’ibikoresho, ahubwo ari ku bantu. “Ikoranabuhanga rigomba gutuma buri muturage agira ubushobozi bwo gutanga umusanzu we mu mpinduka z’ubukungu, uburezi n’imibereho myiza.”
Uburezi n’ubumenyi nk’urufunguzo rw’igisubizo
Perezida Kagame yasobanuye ko kugira ngo ibyo bigerweho, hakenewe kongerera abaturage ubumenyi n’ubushobozi mu gukoresha ikoranabuhanga.
Yavuze ko u Rwanda rwashyize imbere gahunda zo guhuza ikoranabuhanga n’uburezi, ndetse no gukora politiki zigamije guteza imbere digital skills kuva mu mashuri kugeza mu nzego z’ubucuruzi.
“Turimo gukoresha ikoranabuhanga ry’Artificial Intelligence mu nkingi z’ubukungu bwacu, ariko twibanda cyane ku bushobozi bw’abaturage bacu. Nta koranabuhanga ryagira agaciro mu gihe ritabungabunga umuntu.”
Ubufatanye bwa Afurika nk’inkingi yo kurandura icyuho
Perezida Kagame yasabye ibihugu bya Afurika gushyira imbere ubufatanye mu guteza imbere politiki zihuza ikoranabuhanga n’ubucuruzi, kugira ngo umugabane wose ube isoko rimwe ry’ikoranabuhanga.
Yashimye ibikorwa by’imiryango nka Smart Africa na ITU mu rugendo rwo guhuza umugabane mu buryo bw’ikoranabuhanga.
“Iyo dufatanyije, dushobora kugira imiyoboro idahenze, uburyo bwo guhererekanya amakuru butekanye, n’isoko rifasha ibitekerezo by’Abanyafurika kugera ku rwego mpuzamahanga.”
Afurika ifite amahirwe yo kuba imbere mu isi nshya y’ikoranabuhanga
Mu gusoza, Perezida Kagame yasabye abanyafurika kureka gutekereza nk’abahabwa ibisubizo, ahubwo nk’abahanga ibisubizo byabo.
“Icyo dukeneye ni Afurika ifite icyerekezo, ifatanyije kandi yitinyutse. Tugomba kubaka ejo heza twifuza, aho ikoranabuhanga rifasha buri wese kugira uruhare mu iterambere.”

Mobile World Congress Africa 2025 yabereye i Kigali yitabiriwe n’abayobozi b’ibihugu, abashoramari, abahanga mu by’ikoranabuhanga ndetse n’abafatanyabikorwa baturutse impande zose z’isi.










