Nyuma y’amezi atandatu ari I Burayi Uwicyeza Pamela yatashye yakirwa mu birori bibereye ijisho byateguwe na The Ben
Umuhanzi w’umunyabigwi mu muziki w’ u Rwanda;The Ben yakoze ibirori byabereye mu rugo aho yakiriye umugore we Uwicyeza Pamela n’imfura yabo Icyeza Luna Ora.
Ni Ibirori byabereye mu rugo kwa The Ben ruherereye I Kicukiro ku musozi wa Rebero. Yari yatumiye inshuti ze za hafi ariko kandi bake kuko ntiyashakaga ko biba ibintu bikabije nkuko yabibwiye IMPINGA. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 13 Nzeri 2025 byitabirwa n’abarimo Sherrie Silver, umukobwa wagize umwuga kubyina.
Ku wa 18 Werurwe 2025 nibwo Uwicyeza Pamela yibarukiye mu Bubiligi imfura y’umukobwa bise Icyeza Luna Ora. Nyuma yigeze kuza mu Rwanda rimwe arongera asubira I Burayi. Kuri ubu rero aje kurerera mu Rwanda no gukomeza ubucuruzi bwe.







