Nyuma y’imyaka itatu adakorera ibitaramo mu Rwanda, Christopher agiye guhurira mu gitaramo na Siji ugezweho i Burundi.
Uyu muhanzi azaririmba mu gitaramo ‘The Somnia Mix’ kizabera muri Zaria Court ku wa 26 Ukwakira 2025.
Ni igitaramo Christopher azahuriramo n’abahanzi barimo Siji uri mu bagezweho i Burundi kubera indirimbo ye ‘Komsa’ yatumye aba ikimenyabose no mu Rwanda.
Uretse aba bahanzi ariko kandi byemejwe ko iki gitaramo kizacurangamo DJ Rugamba uzwi nka Senshi.
Mu kiganiro na IGIHE, Christopher yavuze ko yishimiye kuba agiye kongera gutaramira abakunzi be nyuma y’igihe kinini adataramana nabo.

Ati “Uzi ko natekereje nsanga maze imyaka irenga itatu ntataramira i Kigali, nari nkumbuye abakunzi banjye kandi nabo nibaza ko ari uko. Icyakora nababwira ko maze iminsi mpugiye mu gukora kuri album yanjye izajya hanze mu minsi iri imbere, ntekereza ko abazayumva bazayiryoherwa. Nimara kujya hanze nibwo nzamenya gahunda zizakurikira wenda wasanga harimo n’ibitaramo.”
Christopher utibukaga neza igihe aherukira gutaramira abakunzi be, aheruka kugaragara ku rubyiniro mu mpeshyi ya 2022 ubwo yari yitabiriye igitaramo cyatumiwemo Tay C muri BK Arena.







