• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Naramuburiye yanga kumva “ Dr Murangira B.Thierry”

MUNYANKINDI Alphonse by MUNYANKINDI Alphonse
November 27, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda ( RIB) aratangaza ko Uzabakiriho Cyprien uzwi ku mazina ya Djihad yigeze guhamagazwa n’uru rwego yihanangirizwa kongera gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni ariko yanga kubyumva ubu akaba yamaze gutabwa muri yombi akekwaho gukwirakwiza amashusho ya Yampano aryamanye n’umugore we

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uru rwego rwagiye ruhamagara abantu batandukanye mu bihe bitandukanye rubabuza gukomeza gukwikwiza amashusho y’urukozasoni. Ngo abo bagiye babazwa nyuma bakagirwa inama bagataha ariko hari bamwe bavuniye ibiti mu matwi.

Djihad ubwo yakwirakwizaga amashusho ye yambaye ubusa ari kwikinisha yahamagaye na RIB arabazwa arangije arataha.

Dr Murangira B. Thierry yavuze ko yihamagariye Djihad baraganira amugira inama bemeranya ko atazongera gushyira hanze amashusho y’urukozasoni ariko yabirenzeho.

Dr Murangira B. Thierry umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda ( RIB)

Dr Muramira yahamije ko Kwizera Nestor uzwi ku mazina ya Papy Nesta Nesta hamwe Uzabakiriho Cyprien uzwi ku mazina ya Djihad bagize uruhare mu gukwirakwiza amashusho ya Yampano aryamanye n’umugore we.`

Aba bombi bafungiye kuri station ya police ya Kicukiro bakaba baje bakurikira K.John, Pazzo Man Ishimwe Francois Xavier.

RIB ivuga ko izakomeza gukora iperereza kugeza kuri buri wese wakwirakwije ariya mashusho ‘byaba uyu munsi cyangwa mu gihe kizaza’.

Mu Rwanda, Itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

Ingingo ya 34 ivuga ko gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, aba akoze icyaha.

Uzabakiriho Cyprien uzwi ku mazina ya Djihad yamaze gutabwa muri yombi azira gukwirakwiza amashusho ya Yampano aryamanye n’umugore we

Umuntu wese, iyo atangaje cyangwa atumye hatangazwa amashusho cyangwa amajwi yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, binyuze ku rusobe rwa mudasobwa cyangwa ubundi buryo bw’ikoranabuhanga n’itumanaho; usaba, utoza cyangwa uhamagarira umwana, abinyujije muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa cyangwa umuyoboro uwo ari wo wose, hagamijwe kumukoresha imibonano mpuzabitsina, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 1,000,000 ariko atarenze Miliyoni 3.000.000Frw.

Ingingo ya 38 ivuga ko umuntu wese, utangaza, wohereza cyangwa utuma hatangazwa ubutumwa ubwo ari bwo bwose bw’urukozasoni akoresheje mudasobwa, cyangwa urusobe rwa mudasobwa, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri, n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 2,000,0000Frw.

Iyo ubutumwa bw’urukozasoni buvugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo budahuye n’ukuri cyangwa bureba umwana, uwahamwe n’icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 1,000,000Frw, ariko atarenze 3,000.0000Frw.

Share2Tweet1Send
Previous Post

NCPD irashima  ibimaze kugerwaho bifasha abafite ubumuga

Next Post

Alarm Ministries yategereje igitaramo gisoza umwaka

MUNYANKINDI Alphonse

MUNYANKINDI Alphonse

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
19 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
23 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Alarm Ministries yategereje igitaramo gisoza umwaka

Alarm Ministries yategereje igitaramo gisoza umwaka

Water Sax agiye kumurika album ye nshya “Wazimba”, ishingiye ku mizi ye yo mu Nkombo

Water Sax agiye kumurika album ye nshya “Wazimba”, ishingiye ku mizi ye yo mu Nkombo

Ross Kana yahuriye mu gitaramo n’abarimo Vinka na Lydia Jazmine

Ross Kana yahuriye mu gitaramo n’abarimo Vinka na Lydia Jazmine

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.