• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

MC Tino yavuze uko Ayra Starr yamuhaye amadorali amwibeshyeho ko ari The Ben

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 11, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Kasirye Martin uzwi cyane nka MC Tino, yatangaje uko umunya-Nigeria Ayra Starr yamuhaye amadorali ubwo bari bahuriye muri ‘Back Stage’ avuye gufasha The Ben ku rubyiniro mu gitaramo cyabaye ku iserukiramuco rya Giants of Africa.

Mu kiganiro yagiranye n’Inyarwanda, MC Tino yavuze ko icyo gitaramo kizahora ku mutima, kuko yari ubwa mbere ahagaze ku rubyiniro imbere y’abantu bari hagati y’ibihumbi 9 na 10.
Yongeraho ko byari n’ubwa mbere aririmbanye na The Ben indirimbo bakoranye bise Plenty, kandi ko yakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo yitware neza.

MC Tino yasobanuye ko ubwo yari ageze mu rwambariro, Ayra Starr yamusuhuje atekereza ko ari The Ben, ndetse amushyikiriza amadorali nk’ishimwe.
Ati: “Ayra Starr yampaye amafaranga mu ntoki, ariko kubera akavuyo sinzi aho nayasize, birashoboka ko nayasize muri BK Arena. Ikinsigaye ku mutima ni uko ubwo nari ku rubyiniro na The Ben, muri ibyo byumba by’abahanzi baba bareba kuri televiziyo, yaje kundamutsa, aranyibeshyaho.”
Yongeyeho ko yanamwemereye gukora collabo, yibwira ko ari The Ben.

MC Tino yavuze ko amaze igihe afasha The Ben ku rubyiniro nk’umushyushyarugamba, kandi ko nyuma yo guhurira mu ndirimbo Plenty, yiteguye no gukorana nawe indi ndirimbo.
Yanavuze ko ari mu myiteguro yo gushyira ku isoko album nshya, yizeza abakunzi be ko izaba iri ku rwego rwo hejuru.

Kasirye Martin, uzwi nka MC Tino, ni umuhanzi n’umunyamakuru wa Royal FM. Azwi mu njyana za Afrobeat na R&B, ndetse no kuba umushyushyarugamba wubashywe mu myidagaduro nyarwanda.
Afite izina rikomeye mu gufasha no gushyigikira abandi bahanzi, ndetse yamenyekanye cyane kubera gukorana n’abahanzi bazwi nka The Ben.

Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Umuhanga mu bisigaramatongo arifuza ko ibuye rya “meteorite” ryavuye kuri Mars ryagarurwa muri Niger

Next Post

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

rikaba rizitabirwa n'abahanga imideli bo mu bihugu nka South Africa, Kenya, Central Africa, Rwanda, USA na Senegal n’abamurika imideli babigize...

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
2 days ago

Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'igihugu rw'imiyoborere RGB yabengutse umuziki wa Ruti Joel dore ko amufata nk'umuhanzi w'ibihe byose mu Rwanda. Umuyobozi...

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
3 days ago

Kevin kade yasobanuye impamvu, yavuye muri Iwacu na muzika festival 2025, yari umwe mu batoranyijwe muri ibyo bitaramo byamaze iminsi...

Next Post
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Adekunle Gold, D’banj na Stonebwoy baririmbiye Davido mu bukwe

Adekunle Gold, D’banj na Stonebwoy baririmbiye Davido mu bukwe

Weasel Manizo yagiye kurwarira mu rugo

Weasel Manizo yagiye kurwarira mu rugo

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...