• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

MC Tino yavuze uko Ayra Starr yamuhaye amadorali amwibeshyeho ko ari The Ben

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
August 11, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Kasirye Martin uzwi cyane nka MC Tino, yatangaje uko umunya-Nigeria Ayra Starr yamuhaye amadorali ubwo bari bahuriye muri ‘Back Stage’ avuye gufasha The Ben ku rubyiniro mu gitaramo cyabaye ku iserukiramuco rya Giants of Africa.

Mu kiganiro yagiranye n’Inyarwanda, MC Tino yavuze ko icyo gitaramo kizahora ku mutima, kuko yari ubwa mbere ahagaze ku rubyiniro imbere y’abantu bari hagati y’ibihumbi 9 na 10.
Yongeraho ko byari n’ubwa mbere aririmbanye na The Ben indirimbo bakoranye bise Plenty, kandi ko yakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo yitware neza.

MC Tino yasobanuye ko ubwo yari ageze mu rwambariro, Ayra Starr yamusuhuje atekereza ko ari The Ben, ndetse amushyikiriza amadorali nk’ishimwe.
Ati: “Ayra Starr yampaye amafaranga mu ntoki, ariko kubera akavuyo sinzi aho nayasize, birashoboka ko nayasize muri BK Arena. Ikinsigaye ku mutima ni uko ubwo nari ku rubyiniro na The Ben, muri ibyo byumba by’abahanzi baba bareba kuri televiziyo, yaje kundamutsa, aranyibeshyaho.”
Yongeyeho ko yanamwemereye gukora collabo, yibwira ko ari The Ben.

MC Tino yavuze ko amaze igihe afasha The Ben ku rubyiniro nk’umushyushyarugamba, kandi ko nyuma yo guhurira mu ndirimbo Plenty, yiteguye no gukorana nawe indi ndirimbo.
Yanavuze ko ari mu myiteguro yo gushyira ku isoko album nshya, yizeza abakunzi be ko izaba iri ku rwego rwo hejuru.

Kasirye Martin, uzwi nka MC Tino, ni umuhanzi n’umunyamakuru wa Royal FM. Azwi mu njyana za Afrobeat na R&B, ndetse no kuba umushyushyarugamba wubashywe mu myidagaduro nyarwanda.
Afite izina rikomeye mu gufasha no gushyigikira abandi bahanzi, ndetse yamenyekanye cyane kubera gukorana n’abahanzi bazwi nka The Ben.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Umuhanga mu bisigaramatongo arifuza ko ibuye rya “meteorite” ryavuye kuri Mars ryagarurwa muri Niger

Next Post

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
14 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
15 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
19 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi yashyizeho komite yo gutoranya filime zizajya zihatanira’Oscars’

Adekunle Gold, D’banj na Stonebwoy baririmbiye Davido mu bukwe

Adekunle Gold, D’banj na Stonebwoy baririmbiye Davido mu bukwe

Weasel Manizo yagiye kurwarira mu rugo

Weasel Manizo yagiye kurwarira mu rugo

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.