Umuhanzi Eddy Kenzo, akaba n’Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abahanzi bo muri Uganda (Uganda National Musicians Federation – UNMF), yatangaje ko nyina wamubyaye afite inkomoko mu Rwanda.
Mukiganiro yashyize hanze yagarutse ku buzima bwe bwo mu bwana, Kenzo yavuze ko nubwo yabanye na nyina igihe gito mbere y’uko yitaba Imana, akimwibuka neza kandi yumvaaga avuga Ikinyarwanda neza cyane.
Yavuze ko iyo aza kuba ataritabye Imana, bishoboka ko na we yakabaye ashobora kuvuga Ikinyarwanda neza.
Yagize ati: “Mama wanjye ni Umunyarwandakazi. Ndamwibuka neza yajyaga anumva avuga Ikinyarwanda neza adategwa. Iyo ataza gupfa nkiri umwana, nanjye ubu mba nkivuga kandi neza.”
Nubwo avuga ko nyina yari afite nkomoko mu Rwanda, Kenzo yashimangiye ko ari Umunya-Ugandacyane ko ariho yakuriye kandi akaba afite ibyangombwa bya Uganda.
Yasobanuye ko yavukiye mu gace ka Ssenyange mu Mujyi wa Masaka, aho yakuriye mbere yo kwimukira i Kampala mu rwego rwo gushaka ubuzima no kwinjira mu muziki.
Yanavuze ko i Masaka ari ho afata nk’iwabo kwivuko, ku buryo anifuza ko n’igihe azaba yitabye Imana ariho yazahashyingurwa.
Yagize ati: “Ndi Umunya-Uganda—navukiye Masaka, Ssenyange, ndetse ni naho nakuriye mbere yo kwimukira i Kampala. N’igihe nzitaba Imana ndifuza ko nzashyingurwa i Masaka.”
Kenzo kandi yatangaje ko se yitwaga Mzee Chef Ali nawe akaba yari tabye Imana, se yakomokaga mu karere ka Ankole mu burengerazuba bwa Uganda.
Uyu muhanzi yavuze ko mu myaka myinshi ishize yirinze gutangaza amakuru arambuye y’umuryango we mu itangazamakuru.
Yasobanuye ko yabikoze kubera ko yashakaga ku kubaka umwuga we w’ubuhanzi no kwirinda impaka zashoboraga guterwa no kuvuga byinshi ku bijyanye na se.
Yagize ati: “Data akomoka Ankole. Mzee Chef Ali ni we data. Sinifuzaga kubivuga mu itangazamakuru kuko ntashakaga guteza impaka. Nashakaga kwibanda ku muziki wanjye gusa.”
Icyakora, aya makuru yaje kujya ahagaragara ubwo Perezida Yoweri Museveni yayatangazaga, bityo ibanga Kenzo yari amaze igihe kirekire yari ahisha rimenyekana.
Kenzo yavuze ko nyuma y’uko Museveni amaze gutangaza amakuru ajyanye n’umuryango we nta kindi cyari gisigaye, bityo ari yakira yemera ko .
Yasoje agira ati: “Ubwo Perezida Museveni yabivugaga, nta kindi twari gukora uretse kubyemera. Nanjye nyuma ni bwo nasobanukiwe neza ko ari we data, cyane ko nkiri muto narezwe na Mama.”








