• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imyidagaduro

Gutangira kuririmba mu Giswahili byanyogereye imbaraga mu muziki – Israel Mbonyi

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
January 2, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Israel Mbonyi, umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, yagaragaje ko igihe yari amaze kugera ku rwego rwo hejuru mu mwuga we ari bwo yatangiye kwibaza niba urugendo rwe mu muziki rutari rugeze ku musozo, icyakora agasanga gutangira kuririmba mu Giswahili byaramuhaye ubuzima bushya n’icyerekezo gishya.

Yabigarutseho mu kiganiro IGIHE Sports Club, cyagarutse ku ngingo zitandukanye.

Mbonyi umaze imyaka 10 atangiye kuririmba nk’uwabigize umwuga, mu myaka ibiri ishize nibwo yatangiye kuririmba mu Giswahili.

Uyu muhanzi yagaragaje ko hari igihe cyageze yumva ntacyo asigaje gukora kuko yari amaze kugira album eshanu bityo atangira gusenga asaba Imana icyo gukurikiza.

Yagize ati “Ntabwo byaturutse mu kuvuga ngo BK Arena yuzuye ahubwo nibazaga igisigaye kuko album zari zimaze kuba eshanu, nkumva muri njye nabuze igikurikira.”

“Nabwiye Imana nti mbwira kuko nabuze igikurikira. Hamwe natangiye kwibaza nti se nigire hanze byari ibi? Nshake indi mirimo? Kandi baravuga ngo iyo utari gukura uba uri gupfa, iyo uri kumva uri aho wagombaga kugera biba byarangiye.”

Yakomeje agaragaza uko yakiriye icyerekezo gishya cyatumye yiyumva nk’utangiye umuziki kandi awumazemo imyaka 10.

Ati “Isengesho ryanjye ndyakira gutyo aribwo nakiriye Nina Siri mu buryo bw’igitangaza, numva mbaye mushya. Kuva natangira kuririmba mu Giswahili nabaye nk’umuntu utangiye umuziki. Ntabwo narinzi ko hari indi Isi ntari nzi, noneho indirimbo ziba nyinshi numva rya sengesho ryanjye rirasubijwe.”

Mbonyi yavuze ko kandi indirimbo ze azakira binyuze mu mpano eshatu yahawe.

Ati “Njye burya ngira impano eshatu numva Imana yampaye. Harimo iy’Ijambo, kurota, ndarota cyane. Ubundi mu ndirimbo zanjye ni nko kubwiriza, indi ni impano y’ibyishimo.”

Muri iki kiganiro kandi, Mbonyi yahishuye ko yakuze yifuza kuzaba umukinnyi w’umupira w’amaguru nk’inzozi nyinshi z’abana bakuze mu gihe cye.

Ati “Hari umwana utarakuranye inzozi zo kuzaba umukinnyi se? Nanjye narakinaga kandi nari mbizi pe. Gusa nagerageje indi mikino nka Tennis na Basketball.”

“Icyakora nakinaga Karate cyane nageze ku mukandara w’ubururu. Naretse gukina Karate mbaye ‘pasteur’ (mu mashuri yisumbuye) mbonye abantu batangiye kubyibazaho.”

Share2Tweet1Send
Previous Post

Killaman agaragaza ko 2025 yamubereye umwaka mubi kurusha indi yose mu buzima bwe

Next Post

The Ben yashimiye Tom Close mu gitaramo cya BK Arena, amwita inkingi y’urugendo rwe rw’umuziki

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
17 hours ago

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje impamvu atari kwiyiriza nk’abandi bisilam mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, avuga ko afite...

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
18 hours ago

Umuhanzi w’Umunya-Kenya Karelina ari kwiyubaka buhoro buhoro mu ruhando rw’umuziki, aho akoresha ururimi rw’Igikuyu n’Icyongereza mu buryo bugaragara nk’ubutateguwe, ahubwo...

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
22 hours ago

Urukundo rw’ibirori n’imyidagaduro muri Kampala rugiye kongererwa indi gahunda nshya yiswe “Black Card Sundays”, igiye gutangirira muri Vanquish Lounge, ahahoze...

Next Post
The Ben yashimiye Tom Close mu gitaramo cya BK Arena, amwita inkingi y’urugendo rwe rw’umuziki

The Ben yashimiye Tom Close mu gitaramo cya BK Arena, amwita inkingi y’urugendo rwe rw’umuziki

Bruce Melodie, Diamond Platnumz na Joel Brown bahuriye mu ndirimbo Pom Pom

Bruce Melodie, Diamond Platnumz na Joel Brown bahuriye mu ndirimbo Pom Pom

Shenseea yasesekaye i Kigali mu myiteguro y’igitaramo gikomeye cya BK Arena

Shenseea yasesekaye i Kigali mu myiteguro y’igitaramo gikomeye cya BK Arena

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.