• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Thursday, September 11, 2025
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Ikoranabuhanga

ISCA2025: U Rwanda rwagaragaje gahunda nshya mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga

Joe sure GASORE by Joe sure GASORE
May 21, 2025
Reading Time: 1 min read
A A
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Madamu Paula Ingabire
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, yavuze ko kugira ngo ibihugu bya Afurika birusheho kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ari ngombwa ko bikorana bya hafi. Yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gukomeza kuba icyitegererezo mu kurwanya ibi byaha ku mugabane wa Afurika.

Yabigarutseho ku munsi wa kabiri w’Inama mpuzamahanga ya ISCA2025, iri kubera muri Kigali Convention Center guhera ku wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi 2025.

Minisitiri Ingabire yagaragaje ko nta gihugu cyakwishoboza guhangana n’iki kibazo cyonyine, ahubwo ko hakenewe ubufatanye bw’ibihugu byose, bushingiye ku masezerano ya Malabo.

Aya masezerano yasinyiwe i Malabo muri Guinée Equatoriale muri Kamena 2014, yashyizweho na Afurika Yunze Ubumwe (AU), agamije guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu itumanaho no guharanira umutekano wo kuri murandasi (cybersecurity) muri Afurika.

Minisitiri Ingabire yagize ati: “Mu rwego rwo kwirinda ibyaha by’ikoranabuhanga, nta gihugu gishobora kwigira gikora cyonyine. Nk’u Rwanda, twashyize imbere ubufatanye mpuzamahanga binyuze mu gusinya ku masezerano ya Malabo.”

Minisitiri Paula Ingabire ashimangira ko ubufatanye bwa Afurika ari ingenzi mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga
Minisitiri Paula Ingabire ashimangira ko ubufatanye bwa Afurika ari ingenzi mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga

Yatangaje kandi ko u Rwanda ruri gutegura Politiki y’Ubwuzuzanye mu Gusangira Amakuru, izafasha mu guhererekanya amakuru hagati y’ibigo bya Leta mu buryo bwizewe. Ibi bizatuma serivisi zitangwa neza, mu buryo buhendutse kandi bwihuse.

Yongeyeho ko u Rwanda ruzashyira mu bikorwa uburyo bwa Zero Trust Framework, aho nta muntu uzahabwa uburenganzira bwo kugera ku makuru y’ibigo bya Leta atabanje kugaragaza ko yujuje ibisabwa byose bijyanye n’umutekano. Ubu buryo busaba ko nta muntu wiringirwa mbere yo kwemezwa, kabone n’iyo yaba asanzwe ari mu kigo.

Minisitiri Ingabire yavuze ko ubu buryo buzafasha kurinda ibikorwa by’ikoranabuhanga by’ibanze, bigatuma birushaho kuba byizewe mu guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga bikomeje kwiyongera.


Sharinga kuri:

  • Click to share on WhatsApp (Opens in new window) WhatsApp
  • Click to share on Facebook (Opens in new window) Facebook
  • Click to share on X (Opens in new window) X

Related

Share2Tweet1Send
Previous Post

Ubuzima bwo mu Mutwe mu Rubyiruko: Ijwi Ryirengagizwa?

Next Post

Jose Chameleone na Sandra Teta bageze i Kigali, Weasel indege iramusiga.

Joe sure GASORE

Joe sure GASORE

IZINDI NKURU WASOMA

Strike vs Claim

Amategeko mashya ya Copyright kuri YouTube mu 2025

by Impinga Media
1 week ago

Niba ukora content kuri YouTube cyangwa uteganya gutangira, hari ibintu by’ingenzi ugomba kumenya ku bijyanye na YouTube Copyright. Abakora videwo...

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

Hatangijwe gahunda yo gukosora no kwemeza imyirondoro y’Abanyarwand

by Alex RUKUNDO
1 month ago

Ku wa 7 Kanama 2025, hatangijwe ku mugaragaro igikorwa kizwi nka ‘pre-enrollment platform’ cyo kwemeza umwirondoro w’Abaturarwanda usanzwe mu irangamimerere...

BIME AMATWI Ubukangurambaga

RURA n’abafatanyabikorwa batangije “BIME AMATWI” mu guhashya uburiganya bwo kuri telefoni.

by Joe sure GASORE
1 month ago

"BIME AMATWI" ni ubukangurambaga bushya bwatangijwe na RURA ku bufatanye na BNR, RIB, Polisi y’u Rwanda n’ibigo by’itumanaho, bugamije kurwanya...

Next Post
Jose Chameleone yageze i Kigali mu rwikekwe n’umujinya, nubwo yari aje gutaramira Abanyarwanda

Jose Chameleone na Sandra Teta bageze i Kigali, Weasel indege iramusiga.

Inama 5 umubyeyi akwiye gukurikiza mu gihe cyo konsa umwana

Inama 5 Umubyeyi Wonsa Akwiye Gukurikiza Ku Mikurire Y’Umwana

Digital-Music-Distribution

Digital Distribution: Uburyo Abahanzi Nyarwanda Bashobora Gucuruza Umuziki ku Isoko Mpuzamahanga

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Kigali Fashion Festival 2025 rigiye kubera i Kigali

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel
Imyidagaduro

Umuyobozi wa RGB akunda umuziki wa Ruti Joel

by Peacemaker PUNDIT
September 9, 2025
Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025
Imyidagaduro

Kevin Kade yahishuye impamvu atagaraye muri Iwacu muzika festival 2025

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025
Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo
Imyidagaduro

Bruno K yatangije igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gutabara umuryango wa Gogo

by Alex RUKUNDO
September 8, 2025

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
     

    Loading Comments...