• AHABANZA
  • UBWANDITSI
  • KWAMAMAZA
  • AMATEGEKO
Saturday, March 7, 2026
Impinga Media
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
  • AHABANZA
  • Imyidagaduro
    • Imikino
    • Sinema
    • Ibirori & Muzika
  • Ikoranabuhanga
  • Ubuzima
  • Ubukungu
  • IBINDI
    • Biravugwa
    • Inkuru z’amashusho
    • Inkuru Ndende
    • Impinga Quiz & Survey
    • Utuntu n’utundi
No Result
View All Result
Impinga Media
  • Inkuru Nyamukuru
  • Imyidagaduro
  • Ikoranabuhanga
  • Ibirori
Home Imikino

Inkuru y’akababaro: Babiri bitabye Imana mu itangira rya Tour du Rwanda 2026

Alex RUKUNDO by Alex RUKUNDO
February 22, 2026
Reading Time: 1 min read
A A
Share on FacebookShare on XShare on WhatsApp

Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwatangaje inkuru ibabaje y’abantu babiri bahitanywe n’impanuka yabereye ku munsi wa mbere w’iri siganwa rizenguruka igihugu.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, ku munsi hatangizwaga ku mugaragaro iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga. Agace kabimburiraga andi kavuye i Rukomo mu karere ka Gicumbi kerekeza i Rwamagana ku ntera y’ibilometero 173,6, kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn.

Nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bwa Tour du Rwanda, imodoka yari iri mu gice cy’abafatanyabikorwa (caravane) yaje kurenga umuhanda, igonga bamwe mu bari bahagaze ku ruhande rw’umuhanda baje kwihera ijisho isiganwa.

Iyo mpanuka yahise ihitana abantu babiri, mu gihe abandi batandatu bakomeretse. Abakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho byihuse, aho ubuyobozi bwatangaje ko bukomeje gukurikiranira hafi uko ubuzima bwabo buhagaze.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’ibi byago, ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwihanganishije imiryango yabuze ababo, bunasaba abakunzi b’iri siganwa n’Abanyarwanda muri rusange gukomeza kuba hafi y’abahuye n’ingaruka z’iyi mpanuka.

Hagati aho, Rwanda National Police yahise itangira iperereza rigamije kumenya icyateye iyi mpanuka n’uko byagenze kugeza ibaye. Polisi yatangaje ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’iperereza.

Ubuyobozi bw’iri siganwa bwashimangiye ko umutekano w’abasiganwa, abarebera isiganwa n’abafatanyabikorwa ukomeza gushyirwa imbere, ndetse ko hari ingamba zisanzwe zifatwa buri mwaka mu rwego rwo kwirinda impanuka nk’izi.

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bukuru bwa Tour du Rwanda 2026

Ibi bibaye mu gihe Tour du Rwanda 2026 iteganyijwe gukomeza kuri uyu wa Mbere hakinwa agace ka kabiri kazava mu Bugesera kerekeza i Huye.

Kwamamaza iri siganwa rikomeye ku mugabane wa Afurika rikomeje, ariko rikaba ritangiye risiga intimba ku miryango yabuze abayo no ku bakunzi b’umukino w’amagare muri rusange.

Share2Tweet1Send
Previous Post

Einhorn yongeye kwigaragaza, yegukana agace ka1 muri Tour du Rwanda 2026

Next Post

Christopher ahuje urwenya n’umuziki, azasusurutsa Gen-Z anabagezaho ‘H20’ nshya

Alex RUKUNDO

Alex RUKUNDO

IZINDI NKURU WASOMA

APR FC yasezereye Kiyovu, igera muri ¼ cy’Amahoro

APR FC yasezereye Kiyovu, igera muri ¼ cy’Amahoro

by MUNYANKINDI Alphonse
2 days ago

Ikipe ya APR FC yamaze kugera muri ¼ cy’irangiza mu irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro 2026 nyuma yo gusezerera SC Kiyovu, iyitsinze...

Mu gihe agitegereje igitego cya 1000, Ronaldo yambitswe umwitero w’icyubahiro

Mu gihe agitegereje igitego cya 1000, Ronaldo yambitswe umwitero w’icyubahiro

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Rutahizamu wa Portugal, Cristiano Ronaldo, yongeye kwigaragaza atsinda ibitego bibiri mu mukino ikipe ye ya Al Nassr FC yatsinzemo Al...

Einhorn yongeye kwigaragaza, yegukana agace ka1 muri Tour du Rwanda 2026

Einhorn yongeye kwigaragaza, yegukana agace ka1 muri Tour du Rwanda 2026

by MUNYANKINDI Alphonse
2 weeks ago

Umunya-Israel, Itamar Einhorn ukinira ikipe ya Nice Métropole Côte d’Azur (NSN), ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du...

Next Post
Christopher ahuje urwenya n’umuziki, azasusurutsa Gen-Z anabagezaho ‘H20’ nshya

Christopher ahuje urwenya n’umuziki, azasusurutsa Gen-Z anabagezaho ‘H20’ nshya

Mu gihe agitegereje igitego cya 1000, Ronaldo yambitswe umwitero w’icyubahiro

Mu gihe agitegereje igitego cya 1000, Ronaldo yambitswe umwitero w’icyubahiro

Ese impuhwe ni iz’abagore gusa? Siyansi itanga indi sura

Ese impuhwe ni iz’abagore gusa? Siyansi itanga indi sura

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yasobanuye impamvu atiyiriza mu kweze kwa Ramadhan

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina
Imyidagaduro

“Kuririmba mu gikuyu n’icyongereza n’ibintu byirikora sinjye ubihitamo” – Karelina

by Alex RUKUNDO
March 6, 2026
“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala
Imyidagaduro

“Black Card Sundays” igiye gutangira i Kampala

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi
Iyobokamana

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Anglican ku isi

by MUNYANKINDI Alphonse
March 6, 2026

Stay Connected

Popular Post

    YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD YOUTUBE CHANNEL AD
    ADVERTISEMENT
    Impinga Media

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    Navigate Site

    • AHABANZA
    • UBWANDITSI
    • KWAMAMAZA
    • AMATEGEKO

    Follow Us

    No Result
    View All Result
    • AHABANZA
    • Imyidagaduro
      • Imikino
      • Sinema
      • Ibirori & Muzika
    • Ikoranabuhanga
    • Ubuzima
    • Ubukungu
    • IBINDI
      • Biravugwa
      • Inkuru z’amashusho
      • Inkuru Ndende
      • Impinga Quiz & Survey
      • Utuntu n’utundi

    Copyright © 2025 Impinga Media.

    This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.