Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwatangaje inkuru ibabaje y’abantu babiri bahitanywe n’impanuka yabereye ku munsi wa mbere w’iri siganwa rizenguruka igihugu.
Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, ku munsi hatangizwaga ku mugaragaro iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga. Agace kabimburiraga andi kavuye i Rukomo mu karere ka Gicumbi kerekeza i Rwamagana ku ntera y’ibilometero 173,6, kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn.
Nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bwa Tour du Rwanda, imodoka yari iri mu gice cy’abafatanyabikorwa (caravane) yaje kurenga umuhanda, igonga bamwe mu bari bahagaze ku ruhande rw’umuhanda baje kwihera ijisho isiganwa.
Iyo mpanuka yahise ihitana abantu babiri, mu gihe abandi batandatu bakomeretse. Abakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho byihuse, aho ubuyobozi bwatangaje ko bukomeje gukurikiranira hafi uko ubuzima bwabo buhagaze.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’ibi byago, ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwihanganishije imiryango yabuze ababo, bunasaba abakunzi b’iri siganwa n’Abanyarwanda muri rusange gukomeza kuba hafi y’abahuye n’ingaruka z’iyi mpanuka.
Hagati aho, Rwanda National Police yahise itangira iperereza rigamije kumenya icyateye iyi mpanuka n’uko byagenze kugeza ibaye. Polisi yatangaje ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’iperereza.
Ubuyobozi bw’iri siganwa bwashimangiye ko umutekano w’abasiganwa, abarebera isiganwa n’abafatanyabikorwa ukomeza gushyirwa imbere, ndetse ko hari ingamba zisanzwe zifatwa buri mwaka mu rwego rwo kwirinda impanuka nk’izi.

Ibi bibaye mu gihe Tour du Rwanda 2026 iteganyijwe gukomeza kuri uyu wa Mbere hakinwa agace ka kabiri kazava mu Bugesera kerekeza i Huye.
Kwamamaza iri siganwa rikomeye ku mugabane wa Afurika rikomeje, ariko rikaba ritangiye risiga intimba ku miryango yabuze abayo no ku bakunzi b’umukino w’amagare muri rusange.










